AGEZWEHO

  • Kenya yatangiye icyunamo cy'Umugaba Mukuru w'Ingabo wapfiriye mu mpanuka – Soma inkuru...
  • Bagiye kubona ibintu byiza- Danny Nanone yijeje indirimbo nshya – Soma inkuru...

Nyamagabe: Umugabo wasambanyije abana be yakatiwe igifungo cya burundu

Yanditswe May, 23 2016 16:15 PM | 2,276 Views



Urukiko rwisumbuye rwa Nyamagabe rwakatiye igifungo cya Burundu y'umwihariko umugabo wo mu murenge wa Cyanika wari ukurikiranyweho icyaha cyo gusambanya abana be. Urukiko rwamuhamije icyaha cyo gusambanya ku ngufu abana be yibyariye, aho rwemeje ko yabikoze incuro nyinshi kugeza ubwo abana ubwabo bagiye kubibwira abaturanyi.

Gusa ariko kuva uru rubanza rwatangira uregwa yakomeje guhakana ibi byaha, uretse kuvuga ko yararanye nabo ariko ko atabasambanyije. Gusa urukiko rugaragaza ko ibimenyetso bifatika rufite byerekana ko iki cyaha yagikoze.

Bityo uyu mugabo yahanishijwe igifungo cya burundu y'umwihariko n'ihazabu y'ibihumbi 400 by'amafranga y'u Rwanda.

Uru rubanza rwaburanishirijwe mu ruhame aho uyu mugabo yakoreye icyaha mu murenge wa Cyanika mu karere ka Nyamagabe, abaturage bakaba bavuga ko bagiye kurushaho kuganiriza abana no kwigisha ibijyanye n'ubuzima bw'imyororokere n'ububi bw'ihohoterwa rishobora kubakorerwa rishingiye ku gitsina.



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera ama

U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi

Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshej

FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize

RHA yahumurije abubakishije amakaro yo mu bwogero ku nkuta z’inzu z’

Gakenke: Imirimo yo kubaka Umudugudu w’Icyitegererezo uzatuzwamo abahoze m

Karongi: Inzobere z’abaganga ba RDF zatangiye kuvura abaturage ku buntu

Abamotari batakambye ku biciro by’ubwishingizi birushaho gutumbagira