AGEZWEHO

  • Kwibuka ni inshingano, Jenoside si ikamba twirata- Madamu Jeannette Kagame – Soma inkuru...
  • Miliyari zirenga 2 Frw zishyuwe hadakurikije amategeko – Soma inkuru...

PM Dr. Ngirente arasaba ababyeyi kugira uruhare mu kurinda igwingira ry'abana

Yanditswe May, 17 2018 17:12 PM | 26,732 Views



Ministiri w’Intebe w’u Rwanda Dr. Edouard Ngirente arasaba ababyeyi bombi gufata iya mbere mu kurandura igwingira ry’abana bato Leta ikaza ibunganira kugira ngo bigerweho. Ibi yabisabye ubwo yari mu Karere ka Nyabihu mu gutangiza ubukangurambaga bwo kurandura igwingira ry’abana bato.

Muri gahunda yo gutangiza ubu bukangurambaga, Ministiri w’Intebe Dr. Edouard Ngirente yasuye anagaburira abana 140 bari hagati y’imyaka itatu n’itandatu barererwa mu rugo mbonezamikurire rwa Bigogwe. 

Ababyeyi bahigishirizwa gutegura indyo yuzuye, gukangura ubwenge bw’abana no kubigisha ibintu bitandukanye. Ministiri w’Intebe kandi yeretswe ibikorwa byo gupima abana ibiro, mbere yo kubaha ikinini cya vitamini A n’icy’inzoka.

Kugira ngo iyi gahunda izagerweho, Ministiri w’Intebe avuga ko ababyeyi bagomba kuyigiramo uruhare rufatika Leta n’abafatanyabikorwa bayo bakaza babunganira.

Intara y’iburengerazuba niyo iza ku isonga mu kugira abana benshi bagwingiye bangana na 45 ku ijana, mu gihe akarere ka Nyabihu na ko kaza mu twa mbere n’abana 59 ku ijana.

Mu Rwanda ubusanzwe habarurwa abana 38% bagwingiye biganje mu turere 13 tuzibandwaho muri iyi gahunda izashyirwa mu bikorwa mu gihe cy’imyaka 5.

Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku buzima OMS risaba ibihugu ko kugwingira bitakagombye kugera kuri 20% by’abana.

Yasser Gammal uhagarariye banki y’isi mu Rwanda yizeza Leta y’u Rwanda ko bazafatanya mu bishoboka byose imirire mibi n’igwingira bikaranduka vuba mu bana b’u Rwanda. 



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Urubyiruko rwavutse nyuma ya Jenoside rugeze he rwigishwa amateka yaranze u Rwan

Musanze: Hatangijwe igikorwa cyo gusuzuma kanseri y’inkondo y’umura

Ingabo z'u Rwanda n’iza Jordanie zaganiriye ku kubyutsa imikoranire m

U Rwanda rwongeye kugaragaza ko rwiteguye kwakira abimukira bazava mu Bwongereza

Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na mugenzi we w'u Bufaransa

Nkunduwimye yashinjwe gufatanya na Georges Rutaganda gutanga intwaro zakoreshejw

Abanyarwanda bategujwe imvura idasanzwe mu mpera za Mata

Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera ama