Yanditswe Nov, 28 2018 22:44 PM | 12,155 Views
Ministiri
w’intebe w’u Rwanda Dr. Edouard Ngirente uri i Bangkok muri Thailande aho
yitabiriye inama mpuzamahanga ku kwihutisha ingamba zo guca burundu inzara
n’imirire mibi ku isi, yavuze ko iyi nama ari umwanya ukomeye wo kungurana
ibitekerezo ku cyakorwa ngo iyo ntego igerweho muri rusange.
Yasangije abayiteraniyemo intambwe yatewe n’u Rwanda n’intego rufite mu guhangana n’inzara n’imirire mibi bitarenze umwaka wa 2025.
Ministiri w’intebe Dr. Ngirente yanakurikiranye kandi umuhango wo gusinya amasezerano hagati y’u Rwanda n’ikigo cy’ubushakashatsi mu birebana na politiki z’ibiribwa ku rwego mpuzamahanga, aho ku ruhande rwa Guverinoma y’u Rwanda hari ministiri w’u buhinzi n’ubworozi Dr. Gérardine Mukeshimana naho ku ruhande rw’icyo kigo hari umuyobozi mukuru wacyo Dr.Shenggen Fan, wanaje kugirana ibiganiro na Ministri w’intebe Dr Ngirente aho i Bangkok.
Tugarutse kuri iyi nama yatangiye kuri uyu wa gatatu, ihurije hamwe abayobozi, impuguke, abashakashatsi n’abandi bafatanyabikorwa ku ngingo irebana no guca inzara n'imirire mibi, baturutse hirya no hino ku isi, baganira ku cyakorwa mu kwihutisha ingamba zo gukora ubuhinzi busubiza ikibazo cy’ibura ry’ibiribwa, guca inzara n’imirire mibi.
Bisobanurwa ko kongera imbaraga mu kwihaza mu biribwa no kugira indyo iboneye ni ingenzi mu kugera ku ntego z’iterambere rirambye umuryango w’abibumbye wihaye, aho intego ya kabiri muri 17 zigize iyi gahunda igaruka ku Kurandura burundu inzara, kugera ku kwihaza mu biribwa, kugira imirire iboneye kandi ihagije no guteza imbere ubuhinzi burambye.
Abasaga 200 bategerejwe i Kigali mu Iserukiramuco ‘Kigali Triennial’
Feb 12, 2024
Soma inkuru
Art Rwanda yatumye hahangwa imirimo 400 mu myaka 2
May 15, 2023
Soma inkuru