AGEZWEHO

  • Perezida Kagame yamwenyuye nyuma y'intsinzi ya Arsenal FC – Soma inkuru...
  • NAEB yagaragaje ko ibyoherezwa hanze bituruka ku ndabo n'imbuto byageze kuri toni 1000 ku kwezi – Soma inkuru...

Perezida Ghali na Macky Sall batunguwe n'ubwiyunge basanganye abanyarwanda

Yanditswe Jul, 19 2016 15:27 PM | 1,247 Views



Perezida wa repubulika iharanira demokarasi ya SAHRAWI Brahim Ghali ndetse n’uwa Senegal Macky Sall mbere y'uko basoza uruzinduko rwabo mu Rwanda basuye urwibutso rwa jenoside rwa Kigali ruri ku Gisozi. Bavuze ko jenoside ari icyaha ndengakamere kitagomba kugira ahandi kiba ku isi, gusa nanone ngo batunguwe n’iterambere n’ubwiyunge basanganye abanyarwanda.

Akigera ku rwibutso rwa Jenoside rwa Kigali ku Gisozi, Perezida wa repubulika iharanira demokarasi ya SAHRAWI Brahim Ghali yabanje kunamira inzirakarengane z’abatutsi zisaga ibihumbi 250 zihashyinguye, nyuma azengurutswa ibice bitandukanye bigize urwibutso ari nako asobanurirwa amateka. Ni amateka ya mbere y’ubukoloni, mu gihe cy'ubukoloni na nyuma yabwo kugeza ubwo hategurwaga hakanashyirwa mu bikorwa jenoside yakorewe abatutsi.

Umukuru wa repubulika iharanira demokarasi ya SAHRAWI avuga ko yababajwe n’ubwicanyi bwakorwaga kuva ku musaza kugera ku ruhinja bazira uko bavutse. Kuri we ngo bigomba kubera isomo isi yose, cyane cyane Afurika ko abantu bagomba guharanira kunga ubumwe: “Twabonye uburyo abana, abagore n'abagabo bababajwe bakorerwa ibya mfurambi  ariko kandi twanabonye imbaraga zashyizwemo na perezida wanyu cyane cyane mu kunga abanyarwanda  ubwiyunge bugakunda bakubaka igihugu gifite icyizere cy'ejo hazaza. Ni ubutumwa ku isi ko bagomba kwigira kuri ibi bagahaguruka bakabirwanya ku buryo bitazongera n'ahandi ahariho hose.”

Brahim Ghali w’imyaka 66 ni perezida wa SAHRAWI kuva mu mwaka wa 2010. Iki gihugu kikaba cyarahoze kibarirwa muri Maroc ubwo cyakolonizwaga na Espagne  ariko nyuma kiza kwigenga aho kuri ubu kinabarirwa mu muryango wa Afurika yunze ubumwe.

Prezida wa Senegal Macky Sall nawe mbere y’uko asoza uruzinduko rwe yasuye urwibutso rwa jenoside rwa Kigali aho yeretswe filimi yerekana amateka yaranze u Rwanda. Atambagizwa ibice bigaragaza amateka ya jenoside uhereye ku itegurwa kugeza ku ishyirwa mu bikorwa ndetse n'uko u Rwanda rwaje kwiyubaka nyuma y'aka kaga kahitanye abasaga miliyoni.



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

U Rwanda rwongeye kugaragaza ko rwiteguye kwakira abimukira bazava mu Bwongereza

Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na mugenzi we w'u Bufaransa

Nkunduwimye yashinjwe gufatanya na Georges Rutaganda gutanga intwaro zakoreshejw

Abanyarwanda bategujwe imvura idasanzwe mu mpera za Mata

Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera ama

U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi

Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshej

FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize