Yanditswe Jul, 03 2017 19:47 PM | 4,166 Views
Perezida wa Repubulika Paul
Kagame avuga ko hafi kimwe cya gatanu cy'ibihugu bigize Umuryango wa Afurika
Yunze Ubumwe byatangiye gushyira mu bikorwa gahunda yo gutanga 0.2% by’imisoro
y’ibyinjizwa mu bihugu mu isanduku y'uyu muryango.
Mu ijambo Umukuru w'Igihugu Paul
Kagame yavugiye i Addis Abeba mu nama igamije kurebera hamwe aho amavugurura
yemejwe gukorwa muri komisiyo y’umuryango w’afrika yunze ubumwe yabanje gushima
Perezida Alpha Conde wa Guinea Conakri ndetse na Perezida Idris Deby Itno wa
chad ubushake bagaragaje mu bugenzuzi bw'aya mavugurura.
Umukuru w'Igihugu yanashimiye umuyobozi mukuru w’iyi komisiyo Moussa Faki Mahamat n’abakozi ayoboye b’uyu muryango ku bikorwa by’indashyikirwa bamaze kugezaho uyu muryango
Yavuze ko ibyemezo ku bijyanye no kubona imari biragaragaza ubushake bw'ibihugu binyamuryango mu gutanga umusanzu. Aha yagaragaje ko hafi ibihugu 10 byatangiye gushyira mu bikorwa ibyemeranyijweho.
Perezida Kagame yavuze ko kuba hafi kimwe cya gatanu cy’ibihugu bigize umuryango wa Afurika yunze Ubumwe byaratangiye gushyira mu bikorwa gahunda yo gutanga 0.2% by’imisoro y’ibyinjizwa mu bihugu, bigaragaza ko ari gahunda ishoboka ndetse ko aribyo kwishimira.
Perezida Kagame yibukije ko Inshingano zo gutanga umusanzu zikwiye gusaranganywa ku buryo bungana kandi yizeza ko bazakomeza gutega amatwi buri wese no gushaka ibisubizo ku bibazo.
Yasabye ko ibyabaye mu bihe byatambutse byo kuganira ku ngingo runaka ntizishyirwe mu bikorwa bitazasubira ahubwo ko aya mavugururwa yagakwiye gufatwa nk'amahirwe ya nyuma y'Umuryango wa Afurika yunze Ubumwe mu gukemura ikibazo cy'amikoro, no guhindura imibereho y'abatuye umugabane wa Afurika.
U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi
Apr 17, 2024
Soma inkuru
Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshejwe ikoranabuhanga
Apr 17, 2024
Soma inkuru
FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize
Apr 17, 2024
Soma inkuru
RHA yahumurije abubakishije amakaro yo mu bwogero ku nkuta z’inzu z’ubucuruzi
Apr 17, 2024
Soma inkuru
Gakenke: Imirimo yo kubaka Umudugudu w’Icyitegererezo uzatuzwamo abahoze mu manegeka irarimban ...
Apr 17, 2024
Soma inkuru
Karongi: Inzobere z’abaganga ba RDF zatangiye kuvura abaturage ku buntu
Apr 16, 2024
Soma inkuru
Abamotari batakambye ku biciro by’ubwishingizi birushaho gutumbagira
Apr 16, 2024
Soma inkuru
Rubavu: Abarokotse Jenoside baravuga ko ubuvuzi bahawe na Leta bwatumye bagarura icyizere
Apr 16, 2024
Soma inkuru