AGEZWEHO

  • Ingengo y’imari Leta ishyira mu kugaburira abana ku ishuri yikubye inshuro 15 – Soma inkuru...
  • Ambasaderi Rutabana yagaragaje uko u Rwanda rwaharaniye ubudaheranwa nyuma ya Jenoside – Soma inkuru...

Perezida Kagame na Madamu bitanije n'abaturage muri siporo rusange

Yanditswe Dec, 03 2017 22:23 PM | 5,257 Views



Perezida wa Repubulika Paul Kagame na madamu we Jeannette Kagame kuri iki cyumweru bitabiriye sporo rusange iba buri cyumweru cya mbere cy'ukwezi. Umukuru w'igihugu yatangaje ko yashimishijwe n'iki gikorwa ahubwo asaba ko amasaha iyi siporo imara yakongerwa.

Ni imyitozo ngororamubiri itandukanye ku batuye mu mujyi wa kigali. Bayitangiriye mu mujyi wa Kigali, bayisoreza ku Kimihurura mu mbuga y'ahakorera ikigo cy'imisoro n'amahoro ahakomereje imyitozo ngororamubiri inyuranye.

Minisitiri w'umuco na Siporo Uwacu Julienne yatangaje ko Perezida wa Repubulika Paul Kagame na Madamu we Jeannette Kagame bishimiye iki gikorwa cya siporo rusange ndetse batanga inama y'uburyo yarushaho gutanga umusaruro.

Bamwe mu baturage bitabiriye iyi siporo rusange bavuga ko bashimishijwe no kubona abayobozi bakuru b'igihugu bifatanya nabo mu gikorwa nk'iki.

Nyuma y'iki gikorwa cy'imyitozo ngorora mubiri Perezida wa Repubulika Paul Kagame yanipimishije indwara zitandura mu rwego rwo gukangurira buri wese kumenya uko ubuzima bwe buhagaze.

Imibare y'urugaga rushinzwe kurwanya indwara zitandura (RNCDA) yerekana ko mu mezi 3 ashize, abanyarwanda 1217 bipimishije habaye siporo rusange abagore ari 37% naho abagabo bakaba 63%.

Abangana na 7% basanze bafite ikibazo cy'ibiro bitajyanye n'uburebure bwabo, 13,7% bafite ikibazo cy'umubyibuho, mu gihe 6% bafite umubyibuho ukabije cyane. 4,6% bafite indwara ya Diabete, 24,7% bo bafite umuvuduko ukabije w'amaraso. Muri bo kandi 79% basabwe kogesha amenyo, naho 64% bakeneye kuyahomesha kuko yangiritse.

Inkuru irambuye mu mashusho:



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi

Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshej

FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize

RHA yahumurije abubakishije amakaro yo mu bwogero ku nkuta z’inzu z’

Gakenke: Imirimo yo kubaka Umudugudu w’Icyitegererezo uzatuzwamo abahoze m

Karongi: Inzobere z’abaganga ba RDF zatangiye kuvura abaturage ku buntu

Abamotari batakambye ku biciro by’ubwishingizi birushaho gutumbagira

Rubavu: Abarokotse Jenoside baravuga ko ubuvuzi bahawe na Leta bwatumye bagarura