AGEZWEHO

  • Nkunduwimye yashinjwe gufatanya na Georges Rutaganda gutanga intwaro zakoreshejwe kwica Abatutsi – Soma inkuru...
  • Rusizi: Minisitiri Ngabitsinze yaburiye abanze kubaka ibibanza bahawe ko bashobora kubyamburwa – Soma inkuru...

Perezida Kagame na Perezida Macron bitabiriye imurika mpuzamahanga rya VivaTech

Yanditswe May, 24 2018 21:52 PM | 61,187 Views



Perezida wa Republika Paul Kagame kuri uyu wa 4 yasuye ahabera imurika mpuzamahanga ry'ikoranabuhanga, aho yari kumwe na mugenzi we w'u Bufaransa, Emmanuel Macron. Iri murika rimenyerewe nka Viva Technology rirabera mu mujyi wa Paris.

Perezida w'u Rwanda Paul Kagame n'uw'Ubufaransa Emmanuel Macron basuye 'stand' zitandukanye z'abaryitabiriye, harimo n'iz'abanyarwanda. Aba banyarwanda bararigaragaza nk'urubuga mpuzamahanga rwo gusangira ubunararibonye no kureshya abashoramari baza mu gihugu cyabo cy'u Rwanda.

Abanyarwanda bari bafite stand igaragaza Kigali nk'umujyi uhangirwamo ibishya, ndetse harimo n'ibigo 8 bigitangira by'Abanyarwanda bikora ibijyanye n'ikoranabuhanga.

Gusura iri murika mpuzamahanga ry'ikoranabuhanga ni byo byanasoje uruzinduko rwa Perezida Kagame yagiriraga mu Bufaransa muri iyi minsi 2. 

Viva technology ni imurika ryitabirwa n'ibigo bikomeye bizwi mu isi y'ikoranabuhanga bikorera hirya no hino mu bihugu bitandukanye.



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Nkunduwimye yashinjwe gufatanya na Georges Rutaganda gutanga intwaro zakoreshejw

Abanyarwanda bategujwe imvura idasanzwe mu mpera za Mata

Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera ama

U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi

Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshej

FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize

RHA yahumurije abubakishije amakaro yo mu bwogero ku nkuta z’inzu z’

Gakenke: Imirimo yo kubaka Umudugudu w’Icyitegererezo uzatuzwamo abahoze m