Yanditswe May, 24 2018 21:52 PM | 61,187 Views
Perezida wa Republika Paul Kagame kuri uyu wa 4 yasuye ahabera imurika mpuzamahanga ry'ikoranabuhanga, aho yari kumwe na mugenzi we w'u Bufaransa, Emmanuel Macron. Iri murika rimenyerewe nka Viva Technology rirabera mu mujyi wa Paris.
Perezida w'u Rwanda Paul Kagame n'uw'Ubufaransa Emmanuel Macron basuye 'stand' zitandukanye z'abaryitabiriye, harimo n'iz'abanyarwanda. Aba banyarwanda bararigaragaza nk'urubuga mpuzamahanga rwo gusangira ubunararibonye no kureshya abashoramari baza mu gihugu cyabo cy'u Rwanda.
Abanyarwanda bari bafite stand igaragaza Kigali nk'umujyi uhangirwamo ibishya, ndetse harimo n'ibigo 8 bigitangira by'Abanyarwanda bikora ibijyanye n'ikoranabuhanga.
Gusura iri murika mpuzamahanga ry'ikoranabuhanga ni byo byanasoje uruzinduko rwa Perezida Kagame yagiriraga mu Bufaransa muri iyi minsi 2.
Viva technology ni imurika ryitabirwa n'ibigo bikomeye bizwi mu isi y'ikoranabuhanga bikorera hirya no hino mu bihugu bitandukanye.
Nkunduwimye yashinjwe gufatanya na Georges Rutaganda gutanga intwaro zakoreshejwe kwica Abatutsi
1 hour
Soma inkuru
Abanyarwanda bategujwe imvura idasanzwe mu mpera za Mata
Apr 21, 2024
Soma inkuru
Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera amaboko amahanga
Apr 19, 2024
Soma inkuru
U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi
Apr 17, 2024
Soma inkuru
Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshejwe ikoranabuhanga
Apr 17, 2024
Soma inkuru
FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize
Apr 17, 2024
Soma inkuru
RHA yahumurije abubakishije amakaro yo mu bwogero ku nkuta z’inzu z’ubucuruzi
Apr 17, 2024
Soma inkuru
Gakenke: Imirimo yo kubaka Umudugudu w’Icyitegererezo uzatuzwamo abahoze mu manegeka irarimban ...
Apr 17, 2024
Soma inkuru