Yanditswe Jan, 23 2018 16:31 PM | 4,759 Views
Perezida wa Repubulika Paul Kagame ari i Davos mu Busuwisi, aho yitabiriye inama y'Ihuriro ku bukungu bw'isi ribaye ku nshuro ya 48. Minisitiri w’imari n’igenamigambi Amb. Claver Gatete na we uri i Davos avuga ko iyi nama ari ubundi buryo u Rwanda rukoresha mu kureshya abashoramari bo ku rwego mpuzamahanga.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame ari kumwe n’abandi
banyacyubahiro, barimo abakuru b'ibihugu na za Guverinoma,
nka Minisitiri w’Intebe w’u Bwongereza Theresa May, uw’u Budage Angela Merkel;
uw’u Buhinde Narendra Modi, Perezida w’u Bufaransa Emmanuel Macron; Perezida wa
Leta Zunze Ubumwe za Amerika Donald Trump n’abandi.
Muri iyi nama kandi, umukuru w’igihugu yabonanye na minisitiri w’intebe wa Norvège Madamu Erna Solberg ndetse na Visi perezida wa Afurika y’epfo Cyril Ramaphosa bombi bagirana ibiganiro.
Mu kiganiro cyarimo, Minisitiri w'ububanyi n'amahanga w'u Rwanda, Louise Mushikiwabo ku kibazo cy'impunzi, yagaragaje ko giterwa ahanini na politiki mbi. Yongeraho ko isi ikeneye ubufatanye buhamye ngo iki kibazo kibonerwe umuti: Ati, "Abanyaburayi bakwiye kumva neza impamvu abantu baza mu bihugu byabo ndetse n'icyo abayobozi b'ibihugu byabo bakwiye gukora kugirango mbere na mbere bakumire impunzi ntizize i Burayi, ariko nibanaza bagerageze gukemura icyo kibazo. Ndatekereza ko twese dukeneye guha uburemere iki kibazo ariko dukeneye no kwihangana. Mu kwiyemeza kose kwagiye kubaho kuri iki kibazo, byagaragaye ko buri gihe abanyaburayi baba bihuta, ni ukuza mugafata igice cy'umunsi n'impapuro mukagaragara neza kuri televiziyo, ngo ubwo mukemuye ikibazo, ntakiba gikozwe aho ngaho. Ku ruhande rw'abanyafurika duhomba ubuzima bw'urubyiruko rutari ruke rurohama muri mediterane, natwe nk'ibihugu byaba ibivamo izo mpunzi cyangwa ibyo zinyuramo, nk'umugabane twese muri ubu bufatanye, natwe dukwiye gufata inshingano zacu. Iki ikintu tudakwiye gukomeza gutinza, ndizera ko izi ari impaka ziri k'urwego rukwiye."
Minisitiri w’imari n’igenamigambi Amb. Claver Gatete nawe uri mu ntumwa
z’u Rwanda ziyobowe na Perezida Paul Kagame, we afata iyi nama nk’urubuga u
Rwanda ruhuriramo n'abashoramari mpuzamahanga bashya. Yagize ati, "Aha ngaha hari abantu benshi bikorera, hari abantu bakuriye business mu
bihugu byose ku isi akaba ari wo mugisha, duhura nabo turebe aho interests zabo
zihurira n’izacu cyane cyane tureshya abashoramari baza gukora investments muri
sectors zacu mu Rwanda; Harimo ibikorwaremezo, ubukerarugendo,
ubuhinzi, n’izindi sectors zose turimo turaganira ngo turebe icyo twabasha
kuvana ahangaha muri iki cyumweru turi hano. WB irahari, IMF irahari, banki
zikomeye zose zo ku Isi zirahari, aba rero nibo turimo kuganira nabo ngo turebe
icyo badufasha mu iterambere ryacu ry’u Rwanda no muri Afurika muri rusange."
Minisitiri w’intebe w’Ubuhinde Narendra MODI watanze ikiganiro gifungura inama y’iri huriro, yagaragaje imihandagurikire y’ikirere, iterabwoba n’ikusanyabukungu (Globalisation), nka bimwe mu bibazo by’ingutu byugarije isi, bisaba amavugurura yihutirwa mu nzego n’imiryango mpuzamahanga hirindwa ubusumbane hagati y’ibihugu.
Biteganyijwe ko muri iri huriro, Perezida Paul Kagame azatanga ikiganiro mu isangira ryateguwe n'agashami ka Washington Post gashinzwe ububanyi n'amahanga, anageze ijambo risoza ku bazitabira inama yiga ku kubaka amahoro ku mugabane wa Afurika.
Iyi nama y’iri huriro izamara iminsi ine ikazibanda ku buryo bwo kubaka ahazaza hasangiwe na bose mu Isi yugarijwe no gucikamo ibice muri iki gihe.
U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi
Apr 17, 2024
Soma inkuru
Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshejwe ikoranabuhanga
Apr 17, 2024
Soma inkuru
FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize
Apr 17, 2024
Soma inkuru
RHA yahumurije abubakishije amakaro yo mu bwogero ku nkuta z’inzu z’ubucuruzi
Apr 17, 2024
Soma inkuru
Gakenke: Imirimo yo kubaka Umudugudu w’Icyitegererezo uzatuzwamo abahoze mu manegeka irarimban ...
Apr 17, 2024
Soma inkuru
Karongi: Inzobere z’abaganga ba RDF zatangiye kuvura abaturage ku buntu
Apr 16, 2024
Soma inkuru
Abamotari batakambye ku biciro by’ubwishingizi birushaho gutumbagira
Apr 16, 2024
Soma inkuru
Rubavu: Abarokotse Jenoside baravuga ko ubuvuzi bahawe na Leta bwatumye bagarura icyizere
Apr 16, 2024
Soma inkuru