AGEZWEHO

  • Ingengo y’imari Leta ishyira mu kugaburira abana ku ishuri yikubye inshuro 15 – Soma inkuru...
  • Ambasaderi Rutabana yagaragaje uko u Rwanda rwaharaniye ubudaheranwa nyuma ya Jenoside – Soma inkuru...

Perezida Kagame ari muri Zambia hagamijwe kwagura umubano w'ibihugu byombi

Yanditswe Jun, 19 2017 11:49 AM | 2,239 Views



Perezida wa Repubulika Paul Kagame yageze i Lusaka muri Zambia mu ruzinduko rw’akazi rw’iminsi ibiri. Ku kibuga mpuzamahanga cy'indege Kenneth Kaunda International Airport, perezida Kagame yakiriwe na mugenzi we wa Zambia Edgar Lungu.

Biteganyijwe ko aba bakuru b'ibihugu bagirana ibiganiro bigamije kurebera hamwe uburyo bwo kwagura umubano hagati y’ibihugu byombi. Perezida Lungu asobanura ko Zambia iha agaciro gakomeye umubano ifitanye n’u Rwanda, ushingiye ku bwubahane, ubwizerane n’ubufatanye.

Perezida Kagame yaherukaga muri Zambia mu kwezi kwa Gatanu kwa 2016 aho yari yitabiriye inama ngarukamwaka ya Banki Nyafurika Itsura Amajyambere, BAD.

Ibiro ntaramakuru bya Zambia, ZANIS, byanditse ko minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, Harry Kalaba yatangaje ko hari amasezerano y’ubufatanye azashyirwaho umukono n’ibihugu byombi cyane mu guhanahana abarimu b’igifaransa bo mu Rwanda ngo bafashe uburezi bwo muri Zambia.

Minisiteri y’ububanyi n’amahanga ya Zambia isobanura ko u Rwanda ari kimwe mu bihugu bifite ubukungu buri kwihuta cyane ku mugabane wa Afurika, kandi nka Zambia, rwateye intambwe igaragara mu mibereho myiza y’abaturage.

Urubyiruko mu ntara y'iburasirazuba ruravuga ko rugiye kuushaho gukorea hamwe kugirango rubyaze umusaruro amahirwe menshi y'iterambere agaragara mui iyi ntara. ni nyuma y'inama y'inteko rusange yahuje uru rubyiruko kuri icyi cyumweru.




Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi

Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshej

FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize

RHA yahumurije abubakishije amakaro yo mu bwogero ku nkuta z’inzu z’

Gakenke: Imirimo yo kubaka Umudugudu w’Icyitegererezo uzatuzwamo abahoze m

Karongi: Inzobere z’abaganga ba RDF zatangiye kuvura abaturage ku buntu

Abamotari batakambye ku biciro by’ubwishingizi birushaho gutumbagira

Rubavu: Abarokotse Jenoside baravuga ko ubuvuzi bahawe na Leta bwatumye bagarura