Yanditswe Nov, 14 2016 10:54 AM | 2,051 Views
I Kigali hatangiye inama y'inteko rusange y'ikigo mpuzamahanga giteza imbere ubumenyi ihuriyemo abahanga mu by'ubumenyi n'abashakashatsi babarirwa muri 300 baturutse mu bihugu bisaga 50 byo hirya no hino ku isi.
Muri iyi nama yatangijwe ku mugaragaro na prezida wa republika Paul Kagame, yashyikirijwe igihembo kubera guharanira iterambere rishingiye ku bumenyi n'ikoranabuhanga mu Rwanda no muri Africa. Perezida Kagame na we kandi yahaye ibihembo n’imidari y’ishimwe ababaye indashyikirwa mu guteza imbere ubumenyi mu bihugu biri mu nzira y’amajyambere harimo n'umunyarwanda prof. Jean Bosco Gahutu.
Mu ijambo perezida wa republika Paul Kagame yagejeje ku bitabiriye iyi nama, yagarutse kuri kiriya gihembo yahawe, aho yemeje ko ari icy'abanyarwanda bose bakoze cyane kugira ngo igihugu kigere aho kigeze ubu.
Yanatangaje ko kuva kera, abantu bagiye bifashisha ubumenyi kugirango bagere ku bisubizo by'ibibazo babaga bafite ashima n'akazi gakorwa n'aba bahanga n'abashakashatsi, ko gushakira ibisubizo bifatika ku bibazo by'umuryango, bikageza ku iterambere ry'abatuye isi.
Ikigo mpuzamahanga giteza imbere ubumenyi, TWAS, gifite intego yo guteza imbere ubumenyi n'ubushakashatsi hagamijwe iterambere rirambye mu bihugu biri mu nzira y’amajyambere.
Inkuru yose mu mashusho:
U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi
Apr 17, 2024
Soma inkuru
Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshejwe ikoranabuhanga
Apr 17, 2024
Soma inkuru
FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize
Apr 17, 2024
Soma inkuru
RHA yahumurije abubakishije amakaro yo mu bwogero ku nkuta z’inzu z’ubucuruzi
Apr 17, 2024
Soma inkuru
Gakenke: Imirimo yo kubaka Umudugudu w’Icyitegererezo uzatuzwamo abahoze mu manegeka irarimban ...
Apr 17, 2024
Soma inkuru
Karongi: Inzobere z’abaganga ba RDF zatangiye kuvura abaturage ku buntu
Apr 16, 2024
Soma inkuru
Abamotari batakambye ku biciro by’ubwishingizi birushaho gutumbagira
Apr 16, 2024
Soma inkuru
Rubavu: Abarokotse Jenoside baravuga ko ubuvuzi bahawe na Leta bwatumye bagarura icyizere
Apr 16, 2024
Soma inkuru