AGEZWEHO

  • Kwibuka ni inshingano, Jenoside si ikamba twirata- Madamu Jeannette Kagame – Soma inkuru...
  • Miliyari zirenga 2 Frw zishyuwe hadakurikije amategeko – Soma inkuru...

Perezida Kagame yakiriye mu biro bye umunyamabanga mukuru wungirije wa Loni

Yanditswe Nov, 01 2016 18:23 PM | 1,070 Views



Perezida Kagame yakiriye muri Village Urugwiro Umunyamabanga Mukuru wungirije w’Umuryango w’Abibumbye, Jan Eliasson, wari uri mu Rwanda mu ruzinduko rw’iminsi ibiri rugamije kugirana ibiganiro n’abayobozi batandukanye b’u Rwanda.

Ibiganiro bya Perezida Kagame na Jan Eliasson byitabiriwe na Lamin Manneh, umuhuzabikorwa w’amashami ya Loni mu Rwanda ndetse na Amb. Rugwabiza Valentine, uhagarariye u Rwanda mu Muryango w’Abibumbye.

Mbere yo kugirana ibiganiro n’umukuru w’gihugu Jan Eliasson yari yabanje guhura kandi agirana ibiganiro na perezida w’inteko ishingamategeko Donatille Mukabarisa.

Aha Jan Eliasson yatangaje bimwe u Rwanda rushobora kubera ibindi bihugu urugero rwiza harimo n'uburyo buri wese harimo n'imitwe ya politiki mu Rwanda ashobora gutanga igitekerezo kandi kikumvikana.

Perezida w'inteko ishinga amategeko Umutwe w'abadepite Donatille Mukabalisa , yavuze ko iyubahirizwa ry'ihame ry'uburinganire bw'umugabo n'umugore mu Rwanda ari bimwe mu byo baganirije n’uyu munya Suede wungirije umunyabanga mukuru w'umuryango w'abibumbye.

Kuri uyu wa kabiri kandi uyu muyobozi, yagiranye ikiganiro nabanyamakuru aho yongeye gushiminagira ko icyo amahanga yakwigira ku Rwanda ari ukuzamura ubukungu no guteza imbere imibereho y’abaturage byafasha gukumira amakimbirane bikimakaza ubumwe.

JAN Eliasson, umunyasuwede uri gusoza ikivi cye nk’umunyamabanga mukuru wungirije wa LONI avuga ko isi yishimira ko u Rwanda ari igihugu cyafashe iya mbere mu kubakira ku mateka, kivana mu bwigunge abaturage b’ingeri zose kikabaha ijambo nta vangura.

Inkuru mu mashusho:




Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Urubyiruko rwavutse nyuma ya Jenoside rugeze he rwigishwa amateka yaranze u Rwan

Musanze: Hatangijwe igikorwa cyo gusuzuma kanseri y’inkondo y’umura

Ingabo z'u Rwanda n’iza Jordanie zaganiriye ku kubyutsa imikoranire m

U Rwanda rwongeye kugaragaza ko rwiteguye kwakira abimukira bazava mu Bwongereza

Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na mugenzi we w'u Bufaransa

Nkunduwimye yashinjwe gufatanya na Georges Rutaganda gutanga intwaro zakoreshejw

Abanyarwanda bategujwe imvura idasanzwe mu mpera za Mata

Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera ama