AGEZWEHO

  • Tariki 19 Mata 1994: Imyaka 30 irashize Sindikubwabo atangije Jenoside mu cyahoze ari Butare – Soma inkuru...
  • U Bubiligi: Uwahamijwe ibyaha bya Jenoside yashinje Nkunduwimye kujya mu nama zayiteguraga – Soma inkuru...

Perezida Kagame yashishikarije abagore kuzamura inzego zitandukanye z'iterambere

Yanditswe Apr, 22 2017 21:25 PM | 2,270 Views



Umukuru w'umuryango RPF Inkotanyi akaba na Perezida wa republika Paul Kagame avuga ko guha ubushobozi abagore atari ineza gusa  ko ahubwo ari inshingano, kandi abagore ntibazatera imbere ngo abagabo basigare inyuma. 

Umukuru w'igihugu yavuze ko n'ubwo abantu batera imbere muri rusange hagomba kubaho gahunda zihariye zizamura icyiciro runaka ari naho ahera avuga ko kuzamura abagore atari ineza ahubwo ari inshingano umuryango RPF ishyize imbere.

Perezida Paul Kagame yashimangiye ko imiterere y'abagabo n'abagore idakwiye kuba impamvu y'ubwimvikane buke no gufata ihame ry'uburinganire uko ritari ko ahubwo ngo umugore n'umugabo bakwiye gufatanya bagateza imbere umuryango, kandi intego ya RPF Inkotanyi ni ukuzamura abanyarwanda bose ntawe usigaye inyuma.

Raporo yagaragajwe n'urugaga rw'abagore rushamikiye ku muryango RPF Inkotanyi yerekanye ko mu mwaka wa 2012 abagore bakoranaga n'ibigo by'imari bari 36.1% bakagera kuri 63% mu mwaka wa 2016 ndetse no mu rwego rw'ubuzima hakaba hari intambwe yatewe kuko nk'abagore bapfa babyara bavuye kuri 446 bagera kuri 210.

Izindi nzego nk'uburezi n'izindi nazo ntizasigaye inyuma. Umuyobozi w'uru rugaga Maria Mukantabana asezeranya ko mu myaka 2 iri imbere abanyamuryango bazakomeza gutanga umusanzu wabo mu guteza imbere igihugu.

Umukuru w'igihugu kandi yagiriye inama abagore kwirinda ikibi no gukoresha ukuri mu mirimo yabo ba bari mu myanya isanzwe  cyangwa ikomeye, kandi abagore bagakomeza kwigirira icyizere mu  byo bakora bigamije kuzamura imiryango yabo n'igihugu muri rusange. 



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera ama

U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi

Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshej

FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize

RHA yahumurije abubakishije amakaro yo mu bwogero ku nkuta z’inzu z’

Gakenke: Imirimo yo kubaka Umudugudu w’Icyitegererezo uzatuzwamo abahoze m

Karongi: Inzobere z’abaganga ba RDF zatangiye kuvura abaturage ku buntu

Abamotari batakambye ku biciro by’ubwishingizi birushaho gutumbagira