AGEZWEHO

  • Perezida Kagame yamwenyuye nyuma y'intsinzi ya Arsenal FC – Soma inkuru...
  • NAEB yagaragaje ko ibyoherezwa hanze bituruka ku ndabo n'imbuto byageze kuri toni 1000 ku kwezi – Soma inkuru...

Perezida Kagame yitabiriye inama ya G20 muri Bueno Aires, Argentina

Yanditswe Nov, 29 2018 22:19 PM | 32,995 Views



Perezida wa Repubulika Paul Kagame akaba n'umuyobozi w'umuryango wa afurika yunze ari i Buenos Aires, mu gihugu cya Argentina aho agiye kwitabira inama y'abakuru b'ibihugu na za guverinoma  b'ibihugu 20 bya mbere bikize ku isi izwi nka G20 Summit.

Perezida wa Repubulika Paul Kagame wageze muri Argentine kuri uyu wa 4, biteganyijwe ko mu ijambo azageza ku bakuru b'ibihugu bigize iri tsinda rya G20 azibanda kuri gahunda yo y'umuturage ku isonga, iteza imbere uruhare rw'umuturage mu bimukorerwa hifashishijwe ikoranabuhanga, guhangira urubyiruko imirimo ndetse no kongerera ubushobozi abagore.

Iyi nama ya G20  y'iminsi ibiri itangira kuri uyu wa gatanu  ifite insaganyamatsiko igi iti '' gukorera hamwe kandi mu bwumvikane hagamijwe iterambere rirambye''.

Iyi nama ihuriza hamwe ibihugu 19 ndetse n'umuryango w'ubumwe bw'uburayi, hakiyongeraho n'ibihugu bihagarariye ibindi bice by'isi nk'u Rwanda ruhagarariye umuryango wa Afurika yunze ubumwe,  naho Singapore ihagarariye umuryango w'ibihugu by'amajyepfo ya Aziya ndetse na Senegal ihagariye ikigo cy'umuryango wa Afurika yunze ubumwe gishinzwe kwihutisha iterambere NEPAD ndetse na Jamaica ihagarariye  umuryango w'ibihugu bya Caraibe.

Perezida wa repubulika Paul Kagame akaba n'umuyobozi wa afurika yunze ubumwe kandi yitabiriye inama yo ku rwego rwo hejuru yahuje perezida wa afurika yepfo Cyril Ramaphosa ndetse na perezida wa Senegal  Macky Sall unayoboye inama y'abakuru b'ibihugu batanga imirongo migari ngenderwaho ya NEPAD.

Zimwe muri gahunda nyamukuru zishishikaje umugabane muri iyi nama ya G20 ni imikoranire y'umugabane wa Afurika n'ibihugu bigize G20  ndeste nuruhare rwa G20 mu gushyigikira gahunda 2063 y'umuryango wa afurika yunze ubumwe igamije kwihutish aiterambere ry'umugabane ndetse no kwagura ubukungu bwawo mu ruhando mpuzamahanga.



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

U Rwanda rwongeye kugaragaza ko rwiteguye kwakira abimukira bazava mu Bwongereza

Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na mugenzi we w'u Bufaransa

Nkunduwimye yashinjwe gufatanya na Georges Rutaganda gutanga intwaro zakoreshejw

Abanyarwanda bategujwe imvura idasanzwe mu mpera za Mata

Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera ama

U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi

Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshej

FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize