AGEZWEHO

  • Tariki 20 Mata 1994 ni bwo Umwamikazi Gicanda yishwe – Soma inkuru...
  • Tariki 19 Mata 1994: Imyaka 30 irashize Sindikubwabo atangije Jenoside mu cyahoze ari Butare – Soma inkuru...

Perezida Kagame yitabiriye isabukuru y'imyaka 10 ya Kaminuza ya OCU n' u Rwanda

Yanditswe Feb, 11 2017 20:15 PM | 1,538 Views



Perezida wa repubulika Paul Kagame arasaba abanyeshuri bize muri kaminuza ya Oklahoma Christian University yo muri Leta zunze ubumwe z’Amerika gukora cyane baharanira inyungu z'igihugu muri rusange kugirango amahirwe bahawe azagirire akamaro n'abandi benshi.

 Ibi umukuru w'igihugu yabivuze ku mugoroba w'ejo kuwa gatanu ubwo i Kigali hizihizwaga isabukuru y'imyaka icumi y'umubano hagati y'u Rwanda n'iyo kaminuza.

Kuva mu mwaka wa 2012 kaminuza ya Oklahoma Christian University yo muri USA yafunguye ishami ryayo mu Rwanda. Kuri ubu abanyeshuri  bakurikira amasomo yabo y’icyiciro cya gatatu cya kaminuza bibereye I Kigali nk’abari muri USA. Mu kwizihiza isabukuru y’imyaka icumi y’umubano hagati y’u Rwanda n’iyi kaminuza, abanyeshuri bashimiye by’umwihariko perezida wa repubulika Paul Kagame watumye ibyasaga nk’inzozi kuri bo bishoboka. Kuri aba banyeshuri ngo ibyo perezida Kagame yabakoreye ni igihango kizatuma bagira uruhare mu iterambere ry’u Rwanda .

Abayobozi ba Oklahoma Christian University  bavuga ko bishimira uburyo Perezida Paul Kagame  akomeje kwitangira u Rwanda mu bijyanye n’iterambere ndetse no mu zindi nzego.

Ubutwererane hagati y’u Rwanda na Kaminuza ya Oklahoma bwatangiye mu mwaka wa 2006. Kugeza ubu iyi kaminuza imaze kwakira abanyeshuri basaga 400 . Muri bo 131 bakaba barize muri gahunda ya buruse zitangwa na perezida wa repubulika.

Inkuru mu mashusho:



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera ama

U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi

Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshej

FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize

RHA yahumurije abubakishije amakaro yo mu bwogero ku nkuta z’inzu z’

Gakenke: Imirimo yo kubaka Umudugudu w’Icyitegererezo uzatuzwamo abahoze m

Karongi: Inzobere z’abaganga ba RDF zatangiye kuvura abaturage ku buntu

Abamotari batakambye ku biciro by’ubwishingizi birushaho gutumbagira