Yanditswe Mar, 20 2017 11:58 AM | 3,478 Views
Perezida wa republika Paul Kagame kuri uyu wa mbere yahuye na papa Francis, i Roma mu Butaliyani, aho ari mu ruzinduko rw'akazi.
Ku mugoroba w’ejo ku Cyumweru tariki 19 Werurwe 2017 nibwo Perezida Paul Kagame yageze i Roma mu Butaliyani aho yitabiriye ubutumire bw’umushumba wa Kiliziya Gaturika ku Isi, Papa Francis nk’uko bitangazwa na Village Urugwiro.
Abinyujije ku rubuga rwa Twitter, Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga akaba n’Umuvugizi wa Guverinoma, Louise Mushikiwabo na we yemeje aya makuru avuga ko Kagame na Papa bazaganira ku mubano hagati y’u Rwanda na Vatikani.
Yagize ati “Perezida Kagame ari i Roma aho yatumiwe na Papa kuganira ku mubano w’u Rwanda na Vatikani. Aturutse mu ruzinduko rw’ingirakamaro mu Bushinwa.”
Uru ruzinduko rukurikiye kuba ku wa Gatandatu ku ya 18 Werurwe, Papa Francis yari yatangaje ko ashyizeho intumwa ye nshya mu Rwanda, Musenyeri Andrzej Jowzowicz.
Inkuru irambuye irabageraho mukanya...
Urubyiruko rwavutse nyuma ya Jenoside rugeze he rwigishwa amateka yaranze u Rwanda?
Apr 24, 2024
Soma inkuru
Musanze: Hatangijwe igikorwa cyo gusuzuma kanseri y’inkondo y’umura ku bafite hagati y ...
Apr 24, 2024
Soma inkuru
Ingabo z'u Rwanda n’iza Jordanie zaganiriye ku kubyutsa imikoranire mu bya gisirikare
Apr 24, 2024
Soma inkuru
U Rwanda rwongeye kugaragaza ko rwiteguye kwakira abimukira bazava mu Bwongereza
Apr 23, 2024
Soma inkuru
Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na mugenzi we w'u Bufaransa
Apr 23, 2024
Soma inkuru
Nkunduwimye yashinjwe gufatanya na Georges Rutaganda gutanga intwaro zakoreshejwe kwica Abatutsi
Apr 23, 2024
Soma inkuru
Abanyarwanda bategujwe imvura idasanzwe mu mpera za Mata
Apr 21, 2024
Soma inkuru
Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera amaboko amahanga
Apr 19, 2024
Soma inkuru