Yanditswe May, 11 2017 19:27 PM | 4,051 Views
Prezida wa Mali Ibrahim Boubacar Keita avuga ko ibihugu bya Afrika
byahisemo gushyira hamwe kugirango bishobore kuzamura urwego rw'ikoranabuhanga
kuri uyu mugabane ariko biha amahirwe urubyiruko yo kugaragaza udushya no
kwihangira imirimo. Ibi yabivuze ubwo yitabira inama izwi nka Youth Connect.
Youth Connect ni gahunda igamije by'umwihariko kugaragaza amahirwe ahari urubyiruko rwabyaza umusaruro bityo iterambere ryabo n'iry'ibihugu bakomokamo rizamuke. Prezida w'igihugu cya Mali Ibrahim Boubacar Keita ashimangira ko ubufatanye bw'ibihugu bya Afrika no gutera inkunga urubyiruko aribyo bizatuma ruzamuka kuko rugize umubare munini w'abatuye uyu mugabane, "Ubwo twari hano i Kigali mu mwaka wa 2013 mu nama ya transform, Afrika twiyemeje kuzamura ubukungu n'imibereho by'abaturage bacu twifashishije ubumenyi bushya mu ikoranabuhanga aribyo smart Afrika. Muri uwo murongo kandi twahisemo gufasha no gutera inkunga imishinga no guhanga udushya mu rubyiruko"
Abayobozi batandukanye bagize icyo bavuga mu kiganiro cyakanguriraga urubyiruko kutitinya no guhanga udushya bifashishije ikoranabuhanga rihari, barwibukije ko abagiye batera imbere bahereye ku bitekerezo byagutse bishobora guhindura imikorere kandi bitanga akazi.
Muri rusange yaba abashoboye kwiteza imbere mu guhanga imirimo n'abayobozi mu nzego zinyuranye basanga ibihugu bya Afrika bikeneye gushimangira uburyo bwihariye bwo kwegera urubyiruko mu bijyanye n'inzozi bafite ndetse no kubaha ubumenyi bushingiye ku ikoranabuhanga ariko by'umwihariko ku masomo y'ubumenyingiro.
U Rwanda rwongeye kugaragaza ko rwiteguye kwakira abimukira bazava mu Bwongereza
Apr 23, 2024
Soma inkuru
Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na mugenzi we w'u Bufaransa
Apr 23, 2024
Soma inkuru
Nkunduwimye yashinjwe gufatanya na Georges Rutaganda gutanga intwaro zakoreshejwe kwica Abatutsi
Apr 23, 2024
Soma inkuru
Abanyarwanda bategujwe imvura idasanzwe mu mpera za Mata
Apr 21, 2024
Soma inkuru
Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera amaboko amahanga
Apr 19, 2024
Soma inkuru
U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi
Apr 17, 2024
Soma inkuru
Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshejwe ikoranabuhanga
Apr 17, 2024
Soma inkuru
FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize
Apr 17, 2024
Soma inkuru