AGEZWEHO

  • Perezida Kagame yamwenyuye nyuma y'intsinzi ya Arsenal FC – Soma inkuru...
  • NAEB yagaragaje ko ibyoherezwa hanze bituruka ku ndabo n'imbuto byageze kuri toni 1000 ku kwezi – Soma inkuru...

Perezida wa Mali Keita avuga ko 'urubyiruko mu ikoranabuhanga' bizazamura Afrika

Yanditswe May, 11 2017 19:27 PM | 4,051 Views



Prezida wa Mali Ibrahim Boubacar Keita avuga ko ibihugu bya Afrika byahisemo gushyira hamwe kugirango bishobore kuzamura urwego rw'ikoranabuhanga kuri uyu mugabane ariko biha amahirwe urubyiruko yo kugaragaza udushya no kwihangira imirimo. Ibi yabivuze ubwo yitabira inama  izwi nka Youth Connect.

Youth Connect ni gahunda igamije by'umwihariko kugaragaza amahirwe ahari urubyiruko rwabyaza umusaruro bityo iterambere ryabo n'iry'ibihugu bakomokamo rizamuke. Prezida w'igihugu cya Mali Ibrahim Boubacar Keita ashimangira ko ubufatanye bw'ibihugu bya Afrika no gutera inkunga urubyiruko aribyo bizatuma ruzamuka kuko rugize umubare munini w'abatuye uyu mugabane, "Ubwo twari hano i Kigali mu mwaka wa 2013 mu nama ya transform,  Afrika twiyemeje kuzamura ubukungu n'imibereho by'abaturage bacu twifashishije ubumenyi bushya mu ikoranabuhanga aribyo smart Afrika. Muri uwo murongo kandi  twahisemo gufasha no gutera inkunga imishinga no guhanga udushya mu rubyiruko"

Abayobozi batandukanye bagize icyo bavuga mu kiganiro cyakanguriraga urubyiruko kutitinya no guhanga udushya bifashishije ikoranabuhanga rihari, barwibukije ko abagiye batera imbere bahereye ku bitekerezo byagutse bishobora guhindura imikorere kandi bitanga akazi.

Muri rusange yaba abashoboye kwiteza imbere mu guhanga imirimo n'abayobozi mu nzego zinyuranye basanga ibihugu bya Afrika bikeneye gushimangira uburyo bwihariye bwo kwegera urubyiruko mu bijyanye n'inzozi bafite ndetse no kubaha ubumenyi bushingiye ku ikoranabuhanga ariko by'umwihariko ku masomo y'ubumenyingiro.



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

U Rwanda rwongeye kugaragaza ko rwiteguye kwakira abimukira bazava mu Bwongereza

Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na mugenzi we w'u Bufaransa

Nkunduwimye yashinjwe gufatanya na Georges Rutaganda gutanga intwaro zakoreshejw

Abanyarwanda bategujwe imvura idasanzwe mu mpera za Mata

Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera ama

U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi

Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshej

FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize