AGEZWEHO

  • Nyabihu: Abarokotse Jenoside batewe impungenge n'ingengabitekerezo ya Jenoside ikihagaragara – Soma inkuru...
  • Perezida Kagame yihanganishije Abanya-Kenya ku rupfu rw’Umugaba Mukuru w'Ingabo – Soma inkuru...

Bimwe mu bibazo Perezida Paul Kagame yasubije mu karere ka Gakenke

Yanditswe Mar, 24 2016 12:04 PM | 4,771 Views



Perezida wa republika Paul Kagame, watangiye uruzinduko mu karere ka Gakenke yijeje abaturage b’aka karere gukora ibishoboka byose kugira ngo bagezweho ibikorwa remezo byakomeza kubateza imbere. 

Umukuru w’igihugu yashimiye abanya Gakenke ko hari byinshi bimaze gukorwa kandi biturutse mu mbaraga zabo, kandi ko bakwiye kubakira ku bimaze kugerwaho kugira ngo bagere kuri byinshi byiza. Bimwe mu bibazo abanya Gakenke bagaragarije umukuru w’igihugu birimo imihanda, amavuriro ndetse n’ibindi birebana n’ubuhinzi byose bizejwe ko mu minsi ya vuba bizakemurwa, kuko ngo hari igihe usanga ahanini bitinzwa n’imikorere mibi y’ababishinzwe kdi ibyangombwa byose bihari. 

Yabijeje kubikurikirana, bigashyirwa mu bikorwa. Aha yatanze urugero rw'amafaranga yagombaga kwishyurwa abaturage bayabonye ari uko ahaje nyamara ikibazo kimaze imyaka 4 kizwi.

Perezida wa Repubulika yasabye abaturage kurushaho gukora no kuzuzanya kugira ngo ibibafitiye inyungu bibagereho neza.

Abaturage ibihumbi 338234, ahanini batunzwe n’ubuhinzi n’Ubworozi, ni bo batuye akarere ka Gakenke bakaba bishimira ko ibikorwa remezo birimo amashanyarazi bigenda bibegerezwa. Gusa bagaragaje ikibazo cyo kutagira imihanda myiza ibafasha kugeza umusaruro ku isoko.




Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera ama

U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi

Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshej

FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize

RHA yahumurije abubakishije amakaro yo mu bwogero ku nkuta z’inzu z’

Gakenke: Imirimo yo kubaka Umudugudu w’Icyitegererezo uzatuzwamo abahoze m

Karongi: Inzobere z’abaganga ba RDF zatangiye kuvura abaturage ku buntu

Abamotari batakambye ku biciro by’ubwishingizi birushaho gutumbagira