Yanditswe Dec, 24 2017 16:34 PM | 5,296 Views
Polisi y'igihugu
iributsa abaturarwanda gukomeza kubahiriza ihame ryo kubumbatira umutekano
hirya no hino aho batuye kandi abatwara ibinyabiziga bakibuka kwitwararika muri
iyi minsi isoza umwaka n'iwutangira. Abaturage na bo bavuga ko kubungabunga
umutekano babikanguriwe kandi biteguye gufatanya n'inzego zibishinzwe mu
kuwubumbatira.
Ku munsi mukuru wa
Noheli uba mu mpera z'umwaka n'uw'Ubunani utangira umwaka, abenshi mu baturage
bakunze kujya mu tubari bakica inyota, ariko hari n'abo ushobora gusanga
barengeje urugero bagahungabanya umutekano wa bagenzi babo. Bamwe mu baturage
baba abacuruza, abakora umwuga wo gutwara abantu n'abafite utubari babwiye
itangazamakuru ko iyo minsi mikuru bamaze kuyitegura kandi babikanguriwe, ko
bazarushaho kubungabunga umutekano.
Rugango Jean
Batpiste, umuturage wo mu murenge wa Gisozi yagize ati, 'Ntabwo kandi
tugomba guhungabanya umutekano dufite, kuko abawuturindiye barahari, ariko
natwe tugomba kuba maso kugira ngo bamenye ko ibyo bakora natwe tubari
inyuma. Niba tunywa tugomba kwirinda kurenza urugero, kandi tukirinda
kubangamira abandi.''
Umuvugizi wa polisi y'u Rwanda ACP Théos BADEGE avuga ko abaturage bakwiye kwishima uko bisanzwe ariko bagakomera ku mahame y'umutekano, birinda ubusinzi, guhungabanya umutekano no kwirinda impanuka. Ati, ''Icyo umuntu azakora cyose azagisoza neza nta byago afite byo kuzira impanuka , kubera ko yatwaye akarenza umuvuduko kubera ibyishimo, kuko yatwaye yasinze, cyangwa se yatwaye arangaye ari ku matelefoni. Ikindi twese dukeneye uburenganzira bwo kwizihiza iminsi mikuru, niba unyuze ahantu cyangwa uhatuye menya ko urusaku rubuza ituze. Muri iyi minsi isoza umwaka ni ukwibuka ko ibirori n'ibyishimo bitagomba kubangamira ihame ry'umutekano no kubahiriza amategeko.''
Umuvugizi wa polisi yibutsa ko abaturage ko ahazateranira ibirori by'abantu benshi bigomba kumenyeshwa ubuyobozi bw'inzego z'ibanze n'iz'umutekano kugira ngo zibashe gucunga umutekano w'abahateraniye.
U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi
Apr 17, 2024
Soma inkuru
Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshejwe ikoranabuhanga
Apr 17, 2024
Soma inkuru
FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize
Apr 17, 2024
Soma inkuru
RHA yahumurije abubakishije amakaro yo mu bwogero ku nkuta z’inzu z’ubucuruzi
Apr 17, 2024
Soma inkuru
Gakenke: Imirimo yo kubaka Umudugudu w’Icyitegererezo uzatuzwamo abahoze mu manegeka irarimban ...
Apr 17, 2024
Soma inkuru
Karongi: Inzobere z’abaganga ba RDF zatangiye kuvura abaturage ku buntu
Apr 16, 2024
Soma inkuru
Abamotari batakambye ku biciro by’ubwishingizi birushaho gutumbagira
Apr 16, 2024
Soma inkuru
Rubavu: Abarokotse Jenoside baravuga ko ubuvuzi bahawe na Leta bwatumye bagarura icyizere
Apr 16, 2024
Soma inkuru