AGEZWEHO

  • Kenya yatangiye icyunamo cy'Umugaba Mukuru w'Ingabo wapfiriye mu mpanuka – Soma inkuru...
  • Bagiye kubona ibintu byiza- Danny Nanone yijeje indirimbo nshya – Soma inkuru...

Polisi y' u Rwanda yasubije umuturage amafaranga yibwe n'umukozi we

Yanditswe Dec, 29 2016 16:30 PM | 2,826 Views



Polisi y'igihugu irasaba abanyarwanda kutazajya babika amafaranga menshi mu ngo zabo kuko ba bashobora kugira ibyago byo kwibwa. Ibi polisi y'igihugu yabitangaje ubwo yasubizaga amaeuro arenga ibihumbi 10 umugabo witwa Jean Luc MIRAVUMBA wari wayibwe n'umukozi nyuma y'umunsi wa Noheli.

Umusore w'imyaka 29 wari usanzwe ari umukozi wo mu rugo kwa Jean Luc MIRAVUMBA acumbikiwe kuri sitasiyo ya Polisi ya Kicukiro. Nyuma y'aho kuri uyu wa mbere uyu Jean Luc agurishirije imodoka akishyurwa mu buryo bwa cash Ibihumbi 10 na 800 by'amaeuro ni ukuvuga agera kuri miliyoni 10 z'amafranga y'u Rwanda ndetse n'andi ibihumbi 100 by'amafranga y'u Rwanda, aya mafranga yayasize mu rugo iwe maze umukozi we yica urugi arayiba. Aha Jean Luc aragaruka ku mpamvu yamuteye kubika amafaranga menshi mu rugo.

Umuyobozi wa Polisi mu mujyi wa Kigali ACP Rogers RUTIKANGA arasaba abaturage kutabika amafranga menshi mu rugo no kumenya abakozi babakorera. Aya mafaranga uko yakabaye Polisi yayasubije uyu mugabo.Ni mugihe kandi mu cyumweru gishize nabwo polisi yasubije amafranga abayibwe.




Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera ama

U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi

Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshej

FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize

RHA yahumurije abubakishije amakaro yo mu bwogero ku nkuta z’inzu z’

Gakenke: Imirimo yo kubaka Umudugudu w’Icyitegererezo uzatuzwamo abahoze m

Karongi: Inzobere z’abaganga ba RDF zatangiye kuvura abaturage ku buntu

Abamotari batakambye ku biciro by’ubwishingizi birushaho gutumbagira