AGEZWEHO

  • Bagiye kubona ibintu byiza- Danny Nanone yijeje indirimbo nshya – Soma inkuru...
  • Ingengo y’imari Leta ishyira mu kugaburira abana ku ishuri yikubye inshuro 15 – Soma inkuru...

Polisi y'igihugu yataye muri yombi abantu 30 bakekwaho gutanga ruswa n'abayemera

Yanditswe Dec, 07 2017 22:23 PM | 2,607 Views



Polisi y'u Rwanda yerekanye abagabo 10 batwara ibinyabiziga bafatiwe mu mujyi wa Kigali batanga ruswa ku bapolisi  mu ijoro rishyira kuri uyu wa kane. Bamwe mu bafatiwe mu cyuho  bemera icyaha ndetse bakavuga ko ibi bigiye kubasigira isomo kuko bazi ububi bw'icyaha cya ruswa.

Umuvugizi wa Polisi y'u Rwanda  ishami rishinzwe umutekano wo mu muhanda CIP Emmanuel Kabanda avuga ko nubwo  iki gikorwa cyakozwe mu cyumweru cyahariwe kurwanya ruswa, ibindi bikorwa nkabyo bitazahwema kubaho, yaboneyeho anasaba abantu bose muri rusange kwirinda iki cyaha kuko u Rwanda rwahagurukiye kukirwanya.

Abatawe muri yombi uko ari 30 mu gihugu hose ngo batangaga amafaranga ari hagati y’igihumbi n’ibihumbi icumi.

Mu ngingo ya 640 y’igitabo cy’amategeko ahana ibyaha mu Rwanda iteganya ko uwahamwe n’icyaha cya ruswa ahanishwa igifungo kiva ku myaka 2 kugeza ku myaka 5 n’ihazabu y’amafaranga yikubye inshuro kuva kuri 2 kugeza ku 10 z’agaciro ka ruswa yashatse gutanga.



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi

Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshej

FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize

RHA yahumurije abubakishije amakaro yo mu bwogero ku nkuta z’inzu z’

Gakenke: Imirimo yo kubaka Umudugudu w’Icyitegererezo uzatuzwamo abahoze m

Karongi: Inzobere z’abaganga ba RDF zatangiye kuvura abaturage ku buntu

Abamotari batakambye ku biciro by’ubwishingizi birushaho gutumbagira

Rubavu: Abarokotse Jenoside baravuga ko ubuvuzi bahawe na Leta bwatumye bagarura