AGEZWEHO

  • Tariki 19 Mata 1994: Imyaka 30 irashize Sindikubwabo atangije Jenoside mu cyahoze ari Butare – Soma inkuru...
  • U Bubiligi: Uwahamijwe ibyaha bya Jenoside yashinje Nkunduwimye kujya mu nama zayiteguraga – Soma inkuru...

Polisi y'u Rwanda yerekanye abantu bari bagiye gucuruzwa muri Australia

Yanditswe Sep, 19 2016 23:58 PM | 2,319 Views



Police y'u Rwanda yerekanye abantu bagera kuri 19 bari barasabwe kujya  mu gihugu cy'uburundi babeshywa ko bazahabwa ibyangombwa biberekeza  mu gihugu cya Australia.

 Umuvugizi wa Police y'igihugu,  CP Celestin Twahirwa avuga ko Iki gikorwa ari icuruzwa ry'abantu rigenda rifata indi sura. Aba bantu bashutswe  n'abo bahuriye mw'itorero rya Restoration Church aho basengeraga ku musozi w'ibyiringiro ahitwa Masoro, Police y'igihugu ikaba isaba abanyamatorero kurinda umutekano w'abo bashinzwe ntibabashore mu bikorwa bibi.

Abantu bari mu ngeri zinyuranye berekanywe na Police y'igihugu bagera kuri 19 muri 28 bari berekeje mu gihugu cy'u Burundi aho babwirwaga ko bahabwa ibyangombwa bizabageza mu gihugu cya Australia.Abaterekanywe bakaba ari abana bato n'abandi bafite intege nke, muri rusange bakaba bari bamaze amezi 2 mu gihugu cy'u Burundi.

Polisi y'u Rwanda ivuga ko hari hashize iminsi igera kuri 7 ikurikirana iby'ijyanwa ry'aba baturage. Abacuze umugambi wo kubajyana mu gihugu cya Australia bataratabwa muri yombi kugeza ubu, icyaha nikibahama ngo bazahanishwa igifungo kiri hagati y' imyaka 10 na 15 ndetse n'izahabu igera kuri miliyoni 5 z'amafaranga y'u Rwanda.

 Inkuru irambuye mu mashusho:



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera ama

U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi

Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshej

FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize

RHA yahumurije abubakishije amakaro yo mu bwogero ku nkuta z’inzu z’

Gakenke: Imirimo yo kubaka Umudugudu w’Icyitegererezo uzatuzwamo abahoze m

Karongi: Inzobere z’abaganga ba RDF zatangiye kuvura abaturage ku buntu

Abamotari batakambye ku biciro by’ubwishingizi birushaho gutumbagira