AGEZWEHO

  • Ingengo y’imari Leta ishyira mu kugaburira abana ku ishuri yikubye inshuro 15 – Soma inkuru...
  • Ambasaderi Rutabana yagaragaje uko u Rwanda rwaharaniye ubudaheranwa nyuma ya Jenoside – Soma inkuru...

Prezida wa Misiri Abdel Fattah el-Sisi ari mu Rwanda mu ruzinduko rw'umunsi umwe

Yanditswe Aug, 15 2017 12:53 PM | 5,170 Views



 Kuri uyu wa Kabiri, Perezida wa Misiri Abdel Fatah Al Sissi Yageze mu Rwanda mu ruzinduko rugamije gutsura umubano w’ibihugu byombi.

Urwo ruzinduko perezida wa Misiri Abdel Fatah Al Sissi yaruhereye muri Tanzania kuri uyu wa mbere, nyuma yo kuva mu Rwanda azakomereza muri Tchad na Gabon.

Akimara kugera ku kibuga mpuzamahanga cy'indege cya Kigali yakiriwe na mugenzi we w'u Rwanda Nyakubahwa Paul Kagame. Nyuma yaho abakuru b'ibihugu byombi bakiriwe n'akarasisi k'ingabo zabugenewe mukwakira abanyacyubahiro.

U Rwanda na Misiri bifitanye umubano urenze uwa politiki. ibihugu byombi bisangiye kuba mu isoko rusange rihuza ibihugu byo mu Burasirazuba no mu majyepfo ya Afurika (COMESA). Iryo soko ryemerera ibihugu birigize kohererezanya ibicuruzwa nta misoro.

Leta y’u Rwanda muri 2015 yagaragaje ko isarura miliyari 22 Frw mu byoherezwa mu Misiri, icyo gihugu na cyo kigakura miliyari 46 Frw mu byo cyohereza mu Rwanda.

Icyakora ibihugu byombi uwo mwaka byemeje ko ibyoherezwa ku mpande zombi bidahagije bikwiye kongerwa.



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi

Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshej

FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize

RHA yahumurije abubakishije amakaro yo mu bwogero ku nkuta z’inzu z’

Gakenke: Imirimo yo kubaka Umudugudu w’Icyitegererezo uzatuzwamo abahoze m

Karongi: Inzobere z’abaganga ba RDF zatangiye kuvura abaturage ku buntu

Abamotari batakambye ku biciro by’ubwishingizi birushaho gutumbagira

Rubavu: Abarokotse Jenoside baravuga ko ubuvuzi bahawe na Leta bwatumye bagarura