AGEZWEHO

  • Kwibuka ni inshingano, Jenoside si ikamba twirata- Madamu Jeannette Kagame – Soma inkuru...
  • Miliyari zirenga 2 Frw zishyuwe hadakurikije amategeko – Soma inkuru...

RCA ivuga ko itazihanganira abanyereza umutungo w'amakoperative

Yanditswe Jan, 11 2017 11:08 AM | 1,953 Views



Mu rwego rwo guca akajagari mu ikusanya ry'amafaranga ya koperative z'abamotari rimwe na rimwe bikagorana kubikurikirana, kubera amafaranga menshi yasohotse nta busobanuro, ikigo gishinzwe guteza imbere amakoperative RCA cyatangaje ko kitazihanganira umuyobozi cyangwa umunyamuryango w'izi koperative uzanyereza umutungo.

Ibi biravugwa mu gihe ubuyobozi bw'iki kigo buvuga ko bwakira ibibazo by'abanyamuryango b'izi koperative bavuga ko bakwa amafaranga ntibamenye irengero ryayo ndetse n'abayobozi b'izi koperative baka abanyamuryango bazo amafaranga menshi.

RCA mu kiganiro yagiranye n'abanyamakuru, yavuze ko mu mabwiriza mashya agenga izi koperative ateganya ko umusanzu uzajya utangwa mu bigo by'imari byemewe mu Rwanda.

Kuri ubu mu gihugu hose habarurwa amakoperative 243 y'abatwara abagenzi kuri moto, agizwe n'abanyamuryango bakabakaba ibihumbi 20. RCA ikaba yemeza ko izi koperative zigomba gutanga ubusobanuro bw'amafaranga yose yakoreshejwe, hagamijwe guca burundu isesagurwa ry'umutungo n'akajagari kaboneka mu mikorere n'imikoranire y'abanyamuryango bazo.




Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Urubyiruko rwavutse nyuma ya Jenoside rugeze he rwigishwa amateka yaranze u Rwan

Musanze: Hatangijwe igikorwa cyo gusuzuma kanseri y’inkondo y’umura

Ingabo z'u Rwanda n’iza Jordanie zaganiriye ku kubyutsa imikoranire m

U Rwanda rwongeye kugaragaza ko rwiteguye kwakira abimukira bazava mu Bwongereza

Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na mugenzi we w'u Bufaransa

Nkunduwimye yashinjwe gufatanya na Georges Rutaganda gutanga intwaro zakoreshejw

Abanyarwanda bategujwe imvura idasanzwe mu mpera za Mata

Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera ama