AGEZWEHO

  • Tariki 20 Mata 1994 ni bwo Umwamikazi Gicanda yishwe – Soma inkuru...
  • Tariki 19 Mata 1994: Imyaka 30 irashize Sindikubwabo atangije Jenoside mu cyahoze ari Butare – Soma inkuru...

RGB na Transparency International bagiranye ibiganiro bijyanye no kurwanya ruswa

Yanditswe Dec, 08 2016 17:50 PM | 3,027 Views



Abakuriye inzego zirimo polisi y'igihugu, ikigo cy'igihugu cy'imiyoborere, RGB, urwego rw'umuvunyi n'umuryango transparency International Rwanda, bahuriye i Kigali mu nama nyunguranabitekerezo, ku gukumira no kurwanya ruswa. Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y'ubutabera yahamagariye inzego zose kugira ubufatanye mu kurandura ruswa kugira ngo igihugu kizaragwe imiyoborere myiza na serivice bizira ruswa.

Raporo zitandukanye zishyira u Rwanda ku isonga mu kurwanya ruswa ugereranyije n'ibihugu byo mu karere ruherereyemo.

Nubwo Police y'u Rwanda ari urwego rushinzwe gukumira no kurwanya ruswa, hari aho bamwe mu bapolisi bagiye batungwa agatoki mu bijyanye na ruswa nk’uko bikubiye mu byegeranyo byakozwe n'urwego rw'umuvunyi ndetse n'umuryango urwanya ruswa Transparency International Rwanda.

Nk'uko bitangazwa n'umuyobozi mukuru ushinzwe ubushakashatsi mu kigo cy'imiyoborere, RGB, Dr. Nsengumukiza Felicien ngo urugamba rwo kurwanya ruswa ruza ku mwanya wa 2 nyuma y’urwo kubungabunga umutekano, ariko ngo nta kwirara ahubwo ni uguhozaho ubukangurambaga kugirango ruswa icike.

Kugirango ruswa irandurwe burundu, birasaba ubufatanye bw'inzego zose kugira ngo zirangwe no gutanga servise nziza.




Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera ama

U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi

Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshej

FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize

RHA yahumurije abubakishije amakaro yo mu bwogero ku nkuta z’inzu z’

Gakenke: Imirimo yo kubaka Umudugudu w’Icyitegererezo uzatuzwamo abahoze m

Karongi: Inzobere z’abaganga ba RDF zatangiye kuvura abaturage ku buntu

Abamotari batakambye ku biciro by’ubwishingizi birushaho gutumbagira