AGEZWEHO

  • Ingabo z'u Rwanda n’iza Jordanie zaganiriye ku kubyutsa imikoranire mu bya gisirikare – Soma inkuru...
  • Perezida Kagame yamwenyuye nyuma y'intsinzi ya Arsenal FC – Soma inkuru...

Rubavu: Minisitiri w'intebe Dr. Ngirente yasabye urubyiruko kwirinda ibishuko

Yanditswe Dec, 10 2017 19:13 PM | 3,860 Views



Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda Dr Ngirente Edouard arasaba urubyiruko kwirinda ingeso mbi zose zatuma rwangiza ejo heza harwo n'ah'igihugu cyarwo ahubwo rugaharanira kuba umusemburo w’amajyambere arambye y'aho rutuye. Izi mpanuro Minisitiri w’Intebe yazihaye urubyiruko rurenga ibihumbi bitanu rw’abakirisitu gatorika ubwo yasozaga ihuriro rya 16 ryaberaga mu karere ka Rubavu.

Mu gihe cy’iminsi hafi icyumweru uru rubyiruko rw’abakirisitu gatorika rwaturutse mu bihugu by’abaturanyi Republika iharanira demokarasi ya Congo, Kenya, Uganda n’u Rwanda, rwahawe ibiganiro bigamije kurufasha kugira indangagaciro ruharanira amahoro n’iterambere.

Minisitiri w’intebe Dr. Ngirente Edouard waje kwifatanya n’uru rubyiruko mu gikorwa cyo gusoza iri huriro, agaruka ku gaciro urubyiruko rufite mu Rwanda ndetse no muri Afurika muri rusange yarwibukije ko arirwo mizero ya none ndetse n’ejo heza. Arusaba kureba kure rutanga umusanzu mu bikorwa byose by’iterambere rwirinda ingeso mbi zatuma rwangiza ejo heza harwo


Agaruka k’uruhare rw’ababyeyi mu burere bwiza bw’urubyiruko, Minisitiri w’intebe Dr. Ngirente Edouard yabibukije guhora baha abana babo urugero rwiza kuko uko rwitwara akeshi rubikomora kubyo rubona mu miryango yarwo.



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Ingabo z'u Rwanda n’iza Jordanie zaganiriye ku kubyutsa imikoranire m

U Rwanda rwongeye kugaragaza ko rwiteguye kwakira abimukira bazava mu Bwongereza

Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na mugenzi we w'u Bufaransa

Nkunduwimye yashinjwe gufatanya na Georges Rutaganda gutanga intwaro zakoreshejw

Abanyarwanda bategujwe imvura idasanzwe mu mpera za Mata

Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera ama

U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi

Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshej