AGEZWEHO

  • Miliyari zirenga 2 Frw zishyuwe hadakurikije amategeko – Soma inkuru...
  • Gatsibo: Bijejwe guhabwa umuhanda wa Kaburimbo amaso ahera mu kirere – Soma inkuru...

Rubavu: Umushinga One Stop border post ugiye gutangira

Yanditswe Sep, 01 2017 13:22 PM | 6,196 Views



U Rwanda rugiye gutaha  Umushinga one stop border Post La Corniche  uherereye ahazwi nka Grande Barrière ho mu karere ka Rubavu ruhuriyeho na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, imirimo yo kuwubaka yatangiye muri Nzeri 2015.


Ni umushinga watewe inkunga n'umuryango Nyamerika Howard G.Buffet, ufite intego yo guhindura imibereho y'abatuye isi aho watanze agera kuri miliyoni 7.2 z'amadolari ya Amerika. Leta y'u Rwanda yatanze agera kuri miliyoni 1.7 $ arimo ay'Umusoro ku nyongeragaciro(VAT), no kwimura abaturage.

Umushinga wari ukubiyemo kubaka inyubako zitangirwamo serivisi ku mupaka uhuriweho harimo ibiro, parking, ububiko ndetse n'inzira inyuramo amadoka manini. Umupaka uhuriweho witezweho kurushaho kwihutisha urujya n'uruza rw'abantu n'ibintu ndetse na serivisi zitangirwa ku mupaka.

Abantu bari hagati ya 4000-5000 nibo bambukiranya uyu mupaka, benshi muri abo akaba ari abakora ubucuruzi buto n'ubuciriritse , barimo abahaturiye bagera kuri 75%

Ku ruhande rw'u Rwanda uyu mupaka uba ufunguye amasaha 24. Mu gihe ku ruhande rwa Congo uba ufunguye kugeza saa yine z'ijoro.Ibicuruzwa bikomoka ku buhinzi n'ubworozi nibyo bihanyuzwa cyane, uretse mafaranga Howard G.Buffet yahaye u Rwanda hari n'andi miliyoni 9$ bahaye Congo.

Kugeza ubu imirimo yo kubaka inyubako izakorerwamo ku ruhande rw'u Rwanda yararangiye mu gihe ku ruhande rwa Congo itararangira gusa naho irarimbanyije.




Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Urubyiruko rwavutse nyuma ya Jenoside rugeze he rwigishwa amateka yaranze u Rwan

Musanze: Hatangijwe igikorwa cyo gusuzuma kanseri y’inkondo y’umura

Ingabo z'u Rwanda n’iza Jordanie zaganiriye ku kubyutsa imikoranire m

U Rwanda rwongeye kugaragaza ko rwiteguye kwakira abimukira bazava mu Bwongereza

Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na mugenzi we w'u Bufaransa

Nkunduwimye yashinjwe gufatanya na Georges Rutaganda gutanga intwaro zakoreshejw

Abanyarwanda bategujwe imvura idasanzwe mu mpera za Mata

Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera ama