Yanditswe Jun, 11 2017 00:49 AM | 3,272 Views
Perezida wa Repubulika Paul Kagame aravuga ko u Rwanda rumaze gutera intambwe ishimishije bikagaragazwa n’ibipimo mpuzamahanga bitandukanye birushyira ku isonga. Ibi yabigarutseho mu ijambo yagejeje ku bitabiriye Rwanda Day yabereye mu mu Mujyi wa Ghent mu Bubiligi kuri uyu wa Gatandatu.
Abanyarwanda n’inshuti z’u Rwanda baturutse mu Rwanda, mu
Bubiligi, mu Busuwisi, mu Butaliyani, mu Budage, mu Buholandi, mu Bufaransa, mu
Burusiya no mu bindi bice bitandukanye by’Isi, bahuriye muri Flanders Expo
ahabereye Rwanda Day.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame yabanje gushimira
abaturutse imihanda yose baje guhurira muri Rwanda Day maze anabagaragariza aho
u Rwanda rugeze rwiteza imbere.
Umukuru w’igihugu ijambo rye yanagarutse ku mikoranire y’umugabane wa Afurika n’indi migabane igize isi avuga ko Afurika nkuko ari umugabane ukennye gusa ukaba ufite ubukungu bwinshi, bikwiye ko Ibindi bice by’isi bikwiye gushora imari muri Afurika bityo impande zombi zikarushaho kuzamuka mu by’ubukungu.
Inkuru irambuye mu mashusho:
Urubyiruko rwavutse nyuma ya Jenoside rugeze he rwigishwa amateka yaranze u Rwanda?
Apr 24, 2024
Soma inkuru
Musanze: Hatangijwe igikorwa cyo gusuzuma kanseri y’inkondo y’umura ku bafite hagati y ...
Apr 24, 2024
Soma inkuru
Ingabo z'u Rwanda n’iza Jordanie zaganiriye ku kubyutsa imikoranire mu bya gisirikare
Apr 24, 2024
Soma inkuru
U Rwanda rwongeye kugaragaza ko rwiteguye kwakira abimukira bazava mu Bwongereza
Apr 23, 2024
Soma inkuru
Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na mugenzi we w'u Bufaransa
Apr 23, 2024
Soma inkuru
Nkunduwimye yashinjwe gufatanya na Georges Rutaganda gutanga intwaro zakoreshejwe kwica Abatutsi
Apr 23, 2024
Soma inkuru
Abanyarwanda bategujwe imvura idasanzwe mu mpera za Mata
Apr 21, 2024
Soma inkuru
Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera amaboko amahanga
Apr 19, 2024
Soma inkuru