Yanditswe Feb, 13 2017 18:17 PM | 2,561 Views
U Rwanda na Mali byasinyanye amasezerano y’ubufatanye mu by’ingendo z’indege za givisiri, minisiteri y'ibikorwa remezo itangaza ko aya masezerano ahita yubahirizwa ku mpande zombi. Ni amasezerano yabaye hagati y'umunyamabanga wa leta muri minisiteri y'ibikorwa remezo Dr Alexis Nzahabwanimana na mugenzi we Diop Traore Seynabou minisitiri ushinzwe ubwikorezi mu gihugu cya Mali aho bagiranye amasezerano y'ibihugu byombi ko hazaba ubwinyagamburiro ku ngendo zikorerwa ku kibuga cy'i ndege cya Bamako ndetse n'ikibuga cy'indege mpuzamahanga cya Kigali
I gihugu cy'u Rwanda by'umwihariko kompanyi ya Rwanda Air hari byinshi bagiye kunguka nyuma y'amasezerano yabaye hagati y'impande zombi nk’uko byatangajwe na Dr Alexis Nzahabwanimana umunyamamabanga wa leta muri minisiteri y'ibikorwa remezo:
“Icyo twakungukiramo ni uko kompanyi yacu ya Rwanda Air yaguye isoko, ibonye ahandi ikorera ariko ubundi uretse ibyo gucuruza ni n’ikiraro gihuza abaturage b'u Rwanda n'abaturage ba Mali aho bashobora gusurana bakagira byinshi bungurana bafatanyamo mu iterambere ryaba iry'ubukungu ariko n'umuco ni igikorwa cyiza ni amasezerano akomeye agaragaza umubano mwiza hagati y'ibihugu byacu ndetse n’uko dukomeje umurego kugirango dufashanye mu iterambere nk'abanyafurika kandi nk'abavandimwe.” Dr Nzahabwanimana
Ku ruhande rwa minisitiri Diop Traore Seynabou wo mu gihugu cya Mali avuga ko ari iby'agaciro kuri bo ko aya masezerano azatuma abaturage b'ibihugu byombi bungurana ibitekerezo.
Yagize ati: “Aya masezerano azadufasha kungurana ibitekerezo mu bijyanye n'ubucuruzi ,umuco hagati y'ibihugu byombi bizanadufasha kuva mu bwigunge nk'ibihugu bigomba kwihuta mu iterambere aya masezerano azadufasha kubigeraho. Rwanda Air izaza mu gihugu cya Mali , mu gihe cya vuba natwe hari sosiyete y'indege izaza mu Rwanda bizafasha abaturage bacu guhura bagafashanya mu by'ubukungu n'umubano ni iby'agaciro kuri twe.”
Aya masezerano hagati y'ibihugu byombi ni ingirakamaro k’ ubukerarugendo mu gihugu cy'u Rwanda,aho mbere kujya I Bamako ho muri Mali uva mu Rwanda byafata amasaha agera ku icumi kuri ubu bagaragaje ko kubufatanye na Rwanda Air urugendo rugiye koroha hagakoreshwa amasaha agera kuri atandatu.
Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera amaboko amahanga
4 hours
Soma inkuru
U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi
Apr 17, 2024
Soma inkuru
Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshejwe ikoranabuhanga
Apr 17, 2024
Soma inkuru
FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize
Apr 17, 2024
Soma inkuru
RHA yahumurije abubakishije amakaro yo mu bwogero ku nkuta z’inzu z’ubucuruzi
Apr 17, 2024
Soma inkuru
Gakenke: Imirimo yo kubaka Umudugudu w’Icyitegererezo uzatuzwamo abahoze mu manegeka irarimban ...
Apr 17, 2024
Soma inkuru
Karongi: Inzobere z’abaganga ba RDF zatangiye kuvura abaturage ku buntu
Apr 16, 2024
Soma inkuru
Abamotari batakambye ku biciro by’ubwishingizi birushaho gutumbagira
Apr 16, 2024
Soma inkuru