AGEZWEHO

  • U Bubuligi: Nkunduwimye yashinjwe gufatanya na Georges Rutaganda gukora Jenoside – Soma inkuru...
  • Abamotari batakambye ku biciro by’ubwishingizi birushaho gutumbagira – Soma inkuru...

Sena yatangiye kumenyekanisha amahame remezo mu turere twose tw'igihugu

Yanditswe Mar, 27 2017 16:49 PM | 2,719 Views



Nyuma y'uko Sena igabanyirijwe amategeko itora kugira ngo ibashe kubungabunga amahame remezo akubiye mu itegeko nshinga, ubu noneho uru rwego rwatangiye kurushaho kumenyekanisha aya mahame remezo mu turere twose tugize u Rwanda.

Sena y'u Rwanda yatangiye gusobanurira abayobozi b'inzego z'ibanze n'abandi bavuga rikumvikana amahame remezo akubiye mu Itegeko Nshinga ry'u Rwanda.

Iki gikorwa kibaye nyuma y'umwaka umwe Abanyarwanda batoye Itegeko Nshinga ryavuguruwe muri 2015 . Visi Perezida wa Sena Jeanne d'Arc Gakuba avuga ko kurushaho kumenyekanisha zimwe mu ngingo z'itegeko bitavuze ko abaturage batoye itegeko nshinga badafite icyo baziho. Sena y'u Rwanda ivuga ko ibi biganiro bizatangwa mu turere twose tw'igihugu. 

Ingingo ya 84 y'itegeko Nshinga iha Sena umwihariko wo kurinda amahame remezo ateganywa n'ingingo ya 10. Mu ivugururwa ry'itegeko nshinga muri 2015, Sena yagabanyirijwe amategeko itora ku gira ngo irusheho kubungabunga amahame remezo, none ku nshuro ya mbere uru rwego rwegereye abaturage mu rwego rwo kurushaho kuyabamenyesha.



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Abamotari batakambye ku biciro by’ubwishingizi birushaho gutumbagira

Rubavu: Abarokotse Jenoside baravuga ko ubuvuzi bahawe na Leta bwatumye bagarura

Impunzi z’i Kigeme ntizigihagaritse umutima kubera ibiza

Rubavu: Uko hahanzwe imishinga ikomeje gufasha mu iterambere ry'abarokotse

NEC yasobanuye ibisabwa ku baziyamamariza ku mwanya w’Umukuru w’Igih

Perezida Kagame yasabye ba ofisiye bashya ba RDF kwanga ubugwari n’ububwa,

Ba ofisiye 624 bashya binjijwe mu Ngabo z’u Rwanda (Amafoto)

Ibyihariye kuri Dr Jean Baptiste Habyarimana wazize kurwanya umugambi wa Jenosid