AGEZWEHO

  • Kwibuka ni inshingano, Jenoside si ikamba twirata- Madamu Jeannette Kagame – Soma inkuru...
  • Miliyari zirenga 2 Frw zishyuwe hadakurikije amategeko – Soma inkuru...

Sudan: Perezida Kagame yabwiye abanyeshuli ko aribo mizero y'umugabane wa Afrika

Yanditswe Dec, 21 2017 16:31 PM | 4,112 Views



Perezida wa Republika Paul Kahgame uri mu ruzinduko rw'akazi muri Sudan aho yatanze ikiganiro muri kaminuza mpuzamahanga ya Afurika aho yatumiwe n'ubuyobozi bwa yo ngo aganirize abanyeshuli bayigamo.

Yabanje kubasobanurira ko uruzinduko arimo rugamije kunoza ubutwererane hagati y'u Rwanda na Sudan ndetse na Afurika muri rusange. Yavuze ko kuba Abanyafrika bakorera hamwe bikenewe cyane muri iki gihe, kuko iterambere ry'umugabane ryihuta cyane kandi ukaba ufite uruhare runini mu bibera ku isi yose.

Yababwiye kandi ko ibisubizo ku bibazo bikomereye Afurika biri muri Afurika n'ubundi, kandi ko byahahoze n'ubwo hari igihe abanyafurika biba ngombwa cyangwa bagahatirwa ko bategereza ko bakemurirwa ibibazo n'abandi ku bw'inyungu zabo bwite kandi.

Yabwiye abo banyeshuli ko bariho mu gihe cyize kuko bafite ibikenewe byose kugira ngo Afrika ibe uko abayituye bayifuza.

Umukuru w'igihugu yatangaje ko yishimye kuba ibihugu byinshi bya Afrika harimo na Sudan n'u Rwanda byatangiye gushyira mu bikorwa umwanzuro wo gutanga umusanzu ungana na 0.2% wo gufasha umuryango wa Afrika yunze ubumwe kwihaza mu ngengo y'imari, akava ku byinjizwa muri buri gihugu. Aha ni naho yasobanuye amavugururwa y'uyu muryango aho yavuze ko agamije kuwufasha gukora mu buryo buhamye, ufite intego kandi ukagira amikoro mu buryo burambye.

Avuga ku ruhare rwabo nk'abantu bize, kandi b'urubyiruko, perezida Kagame yababwiye ko ari bo mizero y'umugabane kuko ari bo bagomba kuwugeza ku iterambere n'uburumbuke bibereye bene wo.



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Urubyiruko rwavutse nyuma ya Jenoside rugeze he rwigishwa amateka yaranze u Rwan

Musanze: Hatangijwe igikorwa cyo gusuzuma kanseri y’inkondo y’umura

Ingabo z'u Rwanda n’iza Jordanie zaganiriye ku kubyutsa imikoranire m

U Rwanda rwongeye kugaragaza ko rwiteguye kwakira abimukira bazava mu Bwongereza

Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na mugenzi we w'u Bufaransa

Nkunduwimye yashinjwe gufatanya na Georges Rutaganda gutanga intwaro zakoreshejw

Abanyarwanda bategujwe imvura idasanzwe mu mpera za Mata

Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera ama