AGEZWEHO

  • RIB yafunze abantu 39 bakurikiranweho ibyaha by’ingengabitekerezo ya Jenoside – Soma inkuru...
  • Diego Aponte uyobora Ikigo Mpuzamahanga cy’Ubwikorezi bwo mu mazi yasuye Urwibutso rwa Kigali – Soma inkuru...

U Rwanda n'urugereko rwa Arusha bagiye gushyiraho uburyo bwo guhana amakuru

Yanditswe Feb, 15 2017 16:23 PM | 1,746 Views



Umushinjacyaha mukuru w'u Rwanda J. Bosco Mutangana avuga ko u Rwanda rufatanyije n'urugereko rwasimbuye urukiko mpuzamahanga mpanabyaha rwashyiriweho u Rwanda, bagiye gushyiraho itsinda rizabafasha guhana amakuru mu buryo bworoshye, kugira ngo babashe guta muri yombi abakoze jenoside mu Rwanda bakihishahisha mu mahanga.


Mu kiganiro n'abanyamakuru ubwo yari amaze kugirana inama n'Umushinjacyaha Mukuru w'urugereko rwasimbuye urukiko rwa Arusha, Serge Brammetz, impande zombi zatangaje ko zigiye kurushaho kunoza imikoranire.

Ibi bazabifashwamo n'itsinda rizahurirwaho n'impande zombi kugira ngo imanza z'abakoze Jenoside zikomeze n'abakekwa kugira uruhare muri Jenoside batabwe muri yombi.

“Icyo tubacyeneyeho ni uko n’ubwo baduhaye ama dossiers ariko ducyeneye andi makuru bo bafite kuko nabo bafite itsinda rigomba gukurikirana abakoze jenoside natwe dufite iyo tracking unit igomba gukorana nabo. Ubwo rero iryo tsinda niribaho bizatuma tugira amabwiriza tugenderaho ajyanye n'imikoranire” J.B Mutangana

Mu myaka 22 ishize u Rwanda rwashyize hanze impapuro z'abantu basaga 600 bagomba gufatwa ndetse n'uru rugereko rufite 8 gusa rugishakisha barimo na Kabuga Felicien. Umushinjacyaha Mukuru w'uru rugereko rwa Arusha atanga icyizere ko bazafatwa bagashyikirizwa ubutabera: “Rwose ndangirango mwemere ibyo mvuga ko igikorwa cyo gushakisha abacyekwa uruhare muri Jenocide nicyo twashyize imbere, akaba ariyo mpamvu uru rugereko rwashyizweho kugirango bigaragare ko nubwo urukiko mpuzamahanga rwashyiriweho u Rwanda rwafunze imiryango yarwo, ntaho abacyekwa bazigera babona ubuhungiro kandi igihe cyose uru rugereko ruzaba rugihari, igikorwa cyogushakisha kizakomeza.”

Ku bijyanye n'irekurwa ry'abahamijwe ibyaha bya jenoside byakozwe n'umucamanza Theodor Meron, Umushinjacyaha mukuru J.Bosco Mutangana kugira ngo birekere aho bisaba ibiganiro ku rwego rwa Loni

Abanyarwanda 17 bacyekwaho uruhare muri Jenoside bazanywe kuburanira mu Rwanda boherejwe n'urukiko mpuzamahanga mpanabyaha rwari rwashyiriweho u Rwanda ndetse n'urugereko rwarusimbuye, abandi boherezwa n'ibihugu bafatiwemo. Abagera kuri 20 baburanishirijwe mu bihugu byabataye muri yombi.




Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Impunzi z’i Kigeme ntizigihagaritse umutima kubera ibiza

Rubavu: Uko hahanzwe imishinga ikomeje gufasha mu iterambere ry'abarokotse

NEC yasobanuye ibisabwa ku baziyamamariza ku mwanya w’Umukuru w’Igih

Perezida Kagame yasabye ba ofisiye bashya ba RDF kwanga ubugwari n’ububwa,

Ba ofisiye 624 bashya binjijwe mu Ngabo z’u Rwanda (Amafoto)

Ibyihariye kuri Dr Jean Baptiste Habyarimana wazize kurwanya umugambi wa Jenosid

Minisitiri w'Intebe Dr Ngirente yakiriye Minisitiri w'Ibikorwaremezo m

Guverineri Mugabowagahunde yasabye Abayisilamu gukomeza kwitabira ibikorwa byo #