Yanditswe Oct, 03 2017 19:05 PM | 7,244 Views
Urwego rw'igihugu rushinzwe
iterambere RDB, rutangaza ko nubwo imitangire ya servisi igenda itera imbere muri rusange, hakigaragara zimwe mu nzego zigenda biguruntege mu mitangire
ya servisi ibi bikaba bibangamira iterambere ry'ubukungu bw'igihugu.
Urwego rw'igihugu rushinzwe iterambere RDB, ni hamwe usanga urujya n'uruza
rw'abanyarwanda ndetse n'abanyamahanga baje bakeneye servisi zitandukanye nko
kwandikisha ibikorwa by'ubucuruzi kwaka amakuru ku bukerarugendo mu Rwanda
ndetse n'izindi servisi yaba izabikorera cg izijyanye n'inzego za leta.
Umuyobozi mukuru wungirije wa RDB Emmanuel Hategeka avuga ko nubwo uko iminsi yicuma ariko imitangire ya servisi igenda inoga,hakiri intera bitewe n'icyerekezo igihugu cyihaye mw' iterambere. Yagize ati, "abikorera nibo shingiro ry' ubukungu bw' igihugu ari imibare tugenda tubona nuko ababagana batarishimira imitangire ya servisi babona, niyo mpamvui muri iki cyumweru cyahariwe abakiriya twongora gukangurira cyane cyane abikorera gushyiraho umwete mugutanga servisi bakumvako umukiriya cyangwa uza abagana asaba servisi ariwe utuma babaho ari nawe utuma ibyo bakora bibateza imbere."
Umuyobozi
ushinzwe ubukerarugendo muri RDB, imwe mu nkingi z' iterambere z' u Rwanda,
Kaliza Belise atangaza ko aka ari akanya ko kurushaho gutega amatwi abagana ibigo bitanga servisi
mu rwego rwo kunoza imikorere bitewe nicyo ababagana bakeneye.
Servisi z' ubuvuzi cyangwa
se amabanki ni zimwe mu nzego zakomeje gutungwa agatoki mu minsi yashize mu
bijyanye na servisi zitajyanye n'
icyerekezo igihugu cyihaye gusa bamwe mu banyarwanda bavuga ko zimwe mu ngamba zafashwe
na reta zimaze gutanga umusaruro nubwo utaragera aho bifuza.
Icyumweru cyahariwe gutanga
servisi ku bakiriya gifite insanganyamatsiko
igira iti ''Kubaka Icyizere mu Bakugana''.
Icyegeranyo cy' ihuriro ry' isi mu by'ubukungu giheruka cya 2017-2018 gishyira u Rwanda ku mwanya wa 2 muri Afrika y' iburasirazuba mu mitangire ya servisi inoze, rukaba urwa 2 ku mugabane wa Afrika naho kw' isi rukaza ku mwanya wa 41 ruvuye kuwa 107 mu cyegeranyo cya 2014-15.
U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi
Apr 17, 2024
Soma inkuru
Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshejwe ikoranabuhanga
Apr 17, 2024
Soma inkuru
FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize
Apr 17, 2024
Soma inkuru
RHA yahumurije abubakishije amakaro yo mu bwogero ku nkuta z’inzu z’ubucuruzi
Apr 17, 2024
Soma inkuru
Gakenke: Imirimo yo kubaka Umudugudu w’Icyitegererezo uzatuzwamo abahoze mu manegeka irarimban ...
Apr 17, 2024
Soma inkuru
Karongi: Inzobere z’abaganga ba RDF zatangiye kuvura abaturage ku buntu
Apr 16, 2024
Soma inkuru
Abamotari batakambye ku biciro by’ubwishingizi birushaho gutumbagira
Apr 16, 2024
Soma inkuru
Rubavu: Abarokotse Jenoside baravuga ko ubuvuzi bahawe na Leta bwatumye bagarura icyizere
Apr 16, 2024
Soma inkuru