Yanditswe Aug, 31 2016 12:04 PM | 864 Views
I Kigali hari kubera inama rusange ngarukamwaka ya EAPCCO. Perezida Wa Repubulika Paul Kagame, umushyitsi mukuru wafunguye inama rusange ngarukamwaka ya EAPCCO yavuze ko ubufatanye bwa INTERPOL bufitiye akamaro kanini ibihugu bya Afrika mu kurwanya ibyaha bishingiye ku ikoranabuhanga birimo ubujura, ubucuruzi bw'abantu, no kunyereza umutungo.
Perezida Kagame yavuze ko kuba umugabane Wa Afrika ufite umuvuduko munini w'iterambere mu ikoranabuhanga bituma hakenerwa imbaraga z'ikirenga zo gukumira ibikorwa byashingira kuri iryo koranabuhanga bigahungabanya umutekano w'abantu n'ibintu mu bihugu bya Africa.
Umunyamabanga mukuru Wa INTERPOL Dr. Jurgen Stock yashimiye uburyo iyi nama yateguwe anashimira intambwe u Rwanda rumaze gutera mu gukumira no kurwanya ibyaha bishingiye ku ikoranabuhanga
Bimwe mu byaha bishingiye ku ikoranabuhanga ni ubujura bw'amakuru ya ngombwa, inyerezwa ry'amafaranga, amafilm y'urukozasoni no ku bana bato, uruhererekane rw'amakuru aganisha ku bucuruzi bw'abantu, isakazwa ry'amakuru n'amashusho asebanya ndetse n'inzandiko z'uterabwoba.
Urubyiruko rwavutse nyuma ya Jenoside rugeze he rwigishwa amateka yaranze u Rwanda?
Apr 24, 2024
Soma inkuru
Musanze: Hatangijwe igikorwa cyo gusuzuma kanseri y’inkondo y’umura ku bafite hagati y ...
Apr 24, 2024
Soma inkuru
Ingabo z'u Rwanda n’iza Jordanie zaganiriye ku kubyutsa imikoranire mu bya gisirikare
Apr 24, 2024
Soma inkuru
U Rwanda rwongeye kugaragaza ko rwiteguye kwakira abimukira bazava mu Bwongereza
Apr 23, 2024
Soma inkuru
Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na mugenzi we w'u Bufaransa
Apr 23, 2024
Soma inkuru
Nkunduwimye yashinjwe gufatanya na Georges Rutaganda gutanga intwaro zakoreshejwe kwica Abatutsi
Apr 23, 2024
Soma inkuru
Abanyarwanda bategujwe imvura idasanzwe mu mpera za Mata
Apr 21, 2024
Soma inkuru
Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera amaboko amahanga
Apr 19, 2024
Soma inkuru