AGEZWEHO

  • Kwibuka ni inshingano, Jenoside si ikamba twirata- Madamu Jeannette Kagame – Soma inkuru...
  • Miliyari zirenga 2 Frw zishyuwe hadakurikije amategeko – Soma inkuru...

Ubufatanye muri Afurika burakenewe mu kurwanya ibyaha by'ikoranabuhanga--Kagame

Yanditswe Aug, 31 2016 12:04 PM | 864 Views



I Kigali hari kubera inama rusange ngarukamwaka ya EAPCCO. Perezida Wa Repubulika Paul Kagame, umushyitsi mukuru wafunguye inama rusange ngarukamwaka ya EAPCCO yavuze ko ubufatanye bwa INTERPOL bufitiye akamaro kanini ibihugu bya Afrika mu kurwanya ibyaha bishingiye ku ikoranabuhanga birimo ubujura, ubucuruzi bw'abantu, no kunyereza umutungo. 

Perezida Kagame yavuze ko kuba umugabane Wa Afrika ufite umuvuduko munini w'iterambere mu ikoranabuhanga bituma hakenerwa imbaraga z'ikirenga zo gukumira ibikorwa byashingira kuri iryo koranabuhanga bigahungabanya umutekano w'abantu n'ibintu mu bihugu bya Africa. 

Umunyamabanga mukuru Wa INTERPOL  Dr. Jurgen Stock yashimiye uburyo iyi nama yateguwe anashimira intambwe u Rwanda rumaze gutera mu gukumira no kurwanya ibyaha bishingiye ku ikoranabuhanga 

Bimwe mu byaha bishingiye ku ikoranabuhanga ni ubujura bw'amakuru ya ngombwa, inyerezwa ry'amafaranga, amafilm y'urukozasoni no ku bana bato, uruhererekane rw'amakuru aganisha ku bucuruzi bw'abantu, isakazwa ry'amakuru n'amashusho asebanya ndetse n'inzandiko z'uterabwoba.




Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Urubyiruko rwavutse nyuma ya Jenoside rugeze he rwigishwa amateka yaranze u Rwan

Musanze: Hatangijwe igikorwa cyo gusuzuma kanseri y’inkondo y’umura

Ingabo z'u Rwanda n’iza Jordanie zaganiriye ku kubyutsa imikoranire m

U Rwanda rwongeye kugaragaza ko rwiteguye kwakira abimukira bazava mu Bwongereza

Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na mugenzi we w'u Bufaransa

Nkunduwimye yashinjwe gufatanya na Georges Rutaganda gutanga intwaro zakoreshejw

Abanyarwanda bategujwe imvura idasanzwe mu mpera za Mata

Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera ama