AGEZWEHO

  • Miliyari zirenga 2 Frw zishyuwe hadakurikije amategeko – Soma inkuru...
  • Gatsibo: Bijejwe guhabwa umuhanda wa Kaburimbo amaso ahera mu kirere – Soma inkuru...

Ubuhinde bwiteguye guha abanyeshuli bo mu Rwanda 'bourse'

Yanditswe Feb, 21 2017 17:33 PM | 2,180 Views



Igihugu cy'ubuhinde cyateganyirije mugabane w'Africa bourse kubanyeshuli ibihumbi 50,000  mu myaka 5 iri imbere, harimo n'u Rwanda nkuko byatangajwe na Visi Perezida wicyo gihugu Hamid Ansari , mu kiganiro n'abanyeshuli bo muri kaminuza y'u Rwanda ishami rya Nyarugenge.

Abanyeshuli n'abarezi bo muri kaminuza y'u Rwanda, bavuga ko biteguye gukoresha amahirwe bafite, u Rwanda rukazabona 'bourses' nyinshi murizo.

Visi Perezida w'igihugu cy'ubuhinde Hamid Ansari, avuga ko igihugu cye cyiteguye gukomeza gufatanya n'u Rwanda muri gahunda zitandukanye z'iterambere,ahereye ku ruzinduko rw'umukuru cy'u Rwanda yagiriye mu Buhinde ukwezi gushize.

Nyakubahwa Ansari avuga ko igihugu cye cy'ubuhinde cyiteguye gutanga bourse ibihumbi 50,000 kubifuza kujya kwiga iwabo baturutse kuri uyu mugabane w'Africa harimo n'u Rwanda.

Umuyobozi wungirije ushinzwe iterambere muri Kaminuza y'u Rwanda, Dr. Murigande Charles, avuga ko abanyarwanda bagomba kwitabira aya mahirwe atangwa n'igihugu cy'ubuhinde. Abanyeshuli nabo bavuga ko biteguye gukoresha ayo mahirwe, kuko n'ubusanzwe u Rwanda rufite abanyeshuli basaga 1000 biga mu Buhinde.

Igihugu cy'ubuhinde gifite kaminuza n'amashuri makuru agera kuri 700 , bakagira abaturage bagera kuri miriyari imwe na miriyoni 300.




Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Urubyiruko rwavutse nyuma ya Jenoside rugeze he rwigishwa amateka yaranze u Rwan

Musanze: Hatangijwe igikorwa cyo gusuzuma kanseri y’inkondo y’umura

Ingabo z'u Rwanda n’iza Jordanie zaganiriye ku kubyutsa imikoranire m

U Rwanda rwongeye kugaragaza ko rwiteguye kwakira abimukira bazava mu Bwongereza

Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na mugenzi we w'u Bufaransa

Nkunduwimye yashinjwe gufatanya na Georges Rutaganda gutanga intwaro zakoreshejw

Abanyarwanda bategujwe imvura idasanzwe mu mpera za Mata

Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera ama