AGEZWEHO

  • Tariki 19 Mata 1994: Imyaka 30 irashize Sindikubwabo atangije Jenoside mu cyahoze ari Butare – Soma inkuru...
  • U Bubiligi: Uwahamijwe ibyaha bya Jenoside yashinje Nkunduwimye kujya mu nama zayiteguraga – Soma inkuru...

Ubumwe n’ubwiyunge niwo musemburo w’iterambere-PM Murekezi

Yanditswe Jun, 23 2017 17:14 PM | 4,418 Views



Minisitiri w'intebe Anastase Murekezi aravuga ko ubumwe n’ubwiyunge bugomba gukomeza kuba umusemburo w’iterambere rirambye kandi ryihuse, u Rwanda rwiyemeje kugeraho. Ibi amaze kubivugira mu Karere ka Nyaruguru mu gutangiza Ihuriro ry'Ubumwe n'ubwiyunge muri ako Karere.

Minisitiri w'intebe yasobanuye ko iki gikorwa gishingiye ku bikorwa perezida wa Repubulika Paul Kagame yahize byo gushyigikira imiyoborere igamije kwimakaza ubumwe n’ubunyarwanda.

Unity Club ni ihuriro ry’abahoze n’abakiri muri guverinoma,n’abo bashakanye. Iri huriro ry'ubumwe n'ubwiyunge rizakora ku rwego rw’Akarere n’Umurenge. Ubu rimaze gutangizwa mu Turere twose tw’u Rwanda. Ministre w'intebe yavuze ko guhuza abahoze muri Guverinoma y'u Rwanda, abayirimo n’abo bashakanye, bimaze gutanga umusaruro ushimishije cyane.

Iri huriro rizafasha Abayobozi b’ubu n’abo basimbuye gushyira hamwe mu gusigasira no kongera ibyiza u Rwanda rumaze kugeraho. Gushyigikira Gahunda ya Ndi Umunyarwanda, imwe mu nkingi ya mwamba ibikorwa by’Ihuriro ry’Ubumwe n’Ubwiyunge bizashingiraho.

Yavuze ko ari ngombwa gukomeza kwimika ubumwe bw'abanyarwanda nk’uko Abarinzi b'Igihango n’Abanyarwanda bose muri rusange  babyemereye perezida Paul Kagame.




Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera ama

U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi

Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshej

FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize

RHA yahumurije abubakishije amakaro yo mu bwogero ku nkuta z’inzu z’

Gakenke: Imirimo yo kubaka Umudugudu w’Icyitegererezo uzatuzwamo abahoze m

Karongi: Inzobere z’abaganga ba RDF zatangiye kuvura abaturage ku buntu

Abamotari batakambye ku biciro by’ubwishingizi birushaho gutumbagira