AGEZWEHO

  • Tariki 19 Mata 1994: Imyaka 30 irashize Sindikubwabo atangije Jenoside mu cyahoze ari Butare – Soma inkuru...
  • U Bubiligi: Uwahamijwe ibyaha bya Jenoside yashinje Nkunduwimye kujya mu nama zayiteguraga – Soma inkuru...

Uburere bushingiye ku muco-Perezida Kagame

Yanditswe Jul, 19 2016 15:45 PM | 2,694 Views



Ubwo yasozaga itorero Indangamirwa ry'abanyeshuli biga mu mahanga, abitegura kujyayo ndetse n'ababaye indashyikirwa mu bizamini by'umwaka ushize, Perezida wa Repubulika Paul Kagame yabwiye intore zitabiriye iri torero ko iki gikorwa kigamije kubasogongeza ku nzira y'uburere ibafasha uko bagenda bakura. Yasabye ababa bafite imyifatire idahwitse guca ukubiri nayo, bakaba intore zibereye u Rwanda kuko bigishijwe uko bakwiyubaka bakubaka n'igihugu.

Yabasobanuriye ko itorero ririnda urubyiruko gutana rigafasha kugorora abatangiye kwangirika. Perezida Kagame yavuze kandi ko ku nshuro ya 10 abatojwe bose bakwiye kuzahurizwa hamwe bakazigishwa n'imyitozo ya gisirikare yoroheje nko kurasa, kumasha n’ibindi kandi bitabagoye.

Yavuze ko n’ubwo hari abantu bibwira ko imyitozo ya gisirikare ari ibintu bivunanye ngo babitekerejeho bababonera itavunanye bashobora.

Perezida Kagame yasabye izi ntore kandi kugira uburere bwuzuzanya n’uburezi baherewe mu mashuri.

Icyiciro cya 9 cy’itorero Indangamirwa cyitabiriwe n’urubyiruko rw’Abanyarwanda biga mu mahanga n’abiga mu Rwanda bagera kuri 345.




Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera ama

U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi

Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshej

FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize

RHA yahumurije abubakishije amakaro yo mu bwogero ku nkuta z’inzu z’

Gakenke: Imirimo yo kubaka Umudugudu w’Icyitegererezo uzatuzwamo abahoze m

Karongi: Inzobere z’abaganga ba RDF zatangiye kuvura abaturage ku buntu

Abamotari batakambye ku biciro by’ubwishingizi birushaho gutumbagira