AGEZWEHO

  • Bagiye kubona ibintu byiza- Danny Nanone yijeje indirimbo nshya – Soma inkuru...
  • Ingengo y’imari Leta ishyira mu kugaburira abana ku ishuri yikubye inshuro 15 – Soma inkuru...

Umuganda: Abaturage basabwe kubungabunga ibikorwa binyuranye bafite

Yanditswe Oct, 27 2018 19:10 PM | 17,056 Views



Perezida w'umutwe w'abadepite MUKABALISA Donatille arasaba abaturage b'umurenge wa Gikomero mu karere ka Gasabo, kubungabunga ibikorwa binyuranye bafite, birimo ibiti byatewe uyu munsi, kugira ngo ubuzima bwabo burusheho kuba bwiza. Ibi yabibasabye mu gikorwa cy'umuganda wo kuri uyu wa gatandatu, wanitabiriwe n'abadepite bagize inteko ishinga amategeko nyafurika.

Uyu muganda witabiriwe n'abayobozi banyuranye mu nzego nkuru z'igihugu, barimo perezida wa sena Bernard MAKUZA, perezida w'umutwe w'abadepite MUKABALISA Donatille, abaminisitiri n'abadepite, ndetse n'abadepite bo mu nteko ishinga amategeko nyafurika PAP. Abaturage bemeza ko gukorana umuganda n'abayobozi, bibongerera umurava.

ABATURAGE

Uyu muganda wibanze ku gutera ibiti, hanizihizwa umunsi wo gutera ibiti n'amashyamba, by'umwihariko hakaba hatewe ibiti bivangwa n'imyaka ndetse n'ibitanga imbuto. Perezida w'umutwe w'abadepite MUKABALISA Donatille, yasabye abaturage kubungabunga ibyo biti, kugira ngo barusheho kugira ubuzima bwiza.

Abadepite bagize inteko ishinga amategeko nyafurika PAP nabo bitabiriye ibikorwa by'umuganda, barimo na perezida w'iyi nteko Roger NKODO DANG, bemeza ko umuganda ari igikorwa gifasha abaturage kunga ubumwe biteza imbere, bakabavuga ko n'ibindi bihugu bikwiye gutegura igikorwa nk'iki.

Abaturage batuye mu murenge wa Gikomero, by'umwihariko abatuye mu mudugudu w'ikitegererezo, basabwe no kwita ku isuku no kubungabunga ibikorwa remezo bihari, kwirinda umwiryane, ahubwo bakabana mu mahoro, kugira ngo iterambere rirusheho kwihuta.



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi

Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshej

FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize

RHA yahumurije abubakishije amakaro yo mu bwogero ku nkuta z’inzu z’

Gakenke: Imirimo yo kubaka Umudugudu w’Icyitegererezo uzatuzwamo abahoze m

Karongi: Inzobere z’abaganga ba RDF zatangiye kuvura abaturage ku buntu

Abamotari batakambye ku biciro by’ubwishingizi birushaho gutumbagira

Rubavu: Abarokotse Jenoside baravuga ko ubuvuzi bahawe na Leta bwatumye bagarura