AGEZWEHO

  • Miliyari zirenga 2 Frw zishyuwe hadakurikije amategeko – Soma inkuru...
  • Gatsibo: Bijejwe guhabwa umuhanda wa Kaburimbo amaso ahera mu kirere – Soma inkuru...

Umuvunyi mukuru yasubije bimwe mu bibazo bigaragara mu butabera bw'u Rwanda

Yanditswe Jan, 09 2017 10:18 AM | 3,298 Views



Komisiyo ya Politiki mu mutwe w'abadepite yatangiye gusuzuma raporo y'ibikorwa by'urwego rw'umuvunyi by'umwaka wa 2015/2016. Umuvunyi Mukuru Aloysie CYANZAYIRE yagombaga gusubiza ibibazo by'abadepite hashingiwe ku isesengura bakoze kuri iyo raporo.

Muri ibyo bibazo harimo icyo kuba hafi 50% by'amadosiye yakiriwe yarashyinguwe adashyikirijwe ubushinjacyaha, kuba mu bahamwe mu buryo bwa burundu n'ibyaha bya ruswa ari abarebwa n'iri hagati y'amafranga 1.000 n'ibihumbi 10 gusa hamwe n'ibijyanye n'umutungo wa Leta wigaruriwe n'abantu ku giti cyabo.


Umuvunyi Mukuru, Cyanzayire Aloysie yavuze ko abakira ruswa itubutse nabo bakurikiranwa n'ubwo ngo baba ari bake ugereranyije na ruswa iri hagati ya 1000 n' 10,000, icyakora akongeraho ko benshi mu barya ruswa y'amamiliyoni bakunze kugirwa abere n'inkiko rimwe na rimwe mu buryo budasobanutse akagaragaza ko hakwiye kujyaho urugereko rwihariye ruburanisha ibyaha bya ruswa n'ibimunga ubukungu bw'igihugu muri rusange.



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Urubyiruko rwavutse nyuma ya Jenoside rugeze he rwigishwa amateka yaranze u Rwan

Musanze: Hatangijwe igikorwa cyo gusuzuma kanseri y’inkondo y’umura

Ingabo z'u Rwanda n’iza Jordanie zaganiriye ku kubyutsa imikoranire m

U Rwanda rwongeye kugaragaza ko rwiteguye kwakira abimukira bazava mu Bwongereza

Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na mugenzi we w'u Bufaransa

Nkunduwimye yashinjwe gufatanya na Georges Rutaganda gutanga intwaro zakoreshejw

Abanyarwanda bategujwe imvura idasanzwe mu mpera za Mata

Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera ama