AGEZWEHO

  • Ingengo y’imari Leta ishyira mu kugaburira abana ku ishuri yikubye inshuro 15 – Soma inkuru...
  • Ambasaderi Rutabana yagaragaje uko u Rwanda rwaharaniye ubudaheranwa nyuma ya Jenoside – Soma inkuru...

Umwiherero2018: PM Dr. Ngirete yavuze ku ishyira mu bikorwa ry'icyerekezo 2020

Yanditswe Feb, 26 2018 17:25 PM | 6,871 Views



Minisitiri w'intebe Dr.Edouard Ngirente avuga ko kuva mu Rwanda hajyaho icyerekezo 2020 icyizere cyo kubaho cyiyongereyeho imyaka 17 naho umubare w'abari mu nsi y'umurongo w'ubukene ugabanukaho 21%.

Kuva cyajyaho mu 2000, icyerekezo 2020 cyaramamaye cyane mu Rwanda no mu mahanga. Hari abafataga ibikubiye muri iki cyerekezo nko kwigerezaho ariko ibyatangajwe na Minisitiri w'intebe Dr.Edouard Ngirente mu mwiherero wa 15 w'abayobizi bigaragaza akazi kamaze gukorwa nyuma y'imyaka isaga gato18.

Minisitirii w'intebe avuga ko ku ntego 52 zigize iki cyerekezo zigera kuri 15 zamaze kugerwaho 100% mu gihe 6 ziri hasi ya 50% naho izisigaye zikaba ziri ku gipimo kiri hagati ya 50 na 75%.

Ku rundi ruhande ariko ngo hari inzego zitaragera ku bipimo byateganyijwe mu cyekerezo 2020. Muri zo harimo nk' urwego rwa serivisi rukiyongera ku 10% aho kuba 13%, inganda kuri 6% mu cyimbo cya 14% ndetse no kuganya bicanwa bikomoka ku biti bikiri kuri 83% aho kuba 50% nkuko biteganyijwe mu cyekerekezo 2020 hamwe n'ibyiherezwa mu mahanga bitagera ku rugero rw' ubwiyongere rwa 28% buri mwaka.

Mu mwiherero wabanjirije uyu, hari hafashwe umwanzuro wo gushyiraho uburyo buzatuma ibitagerwaho mu cyerekezo 2020 bigerwaho bikaba byitezwe ko umwiherero wa 15 uzafatirwamo ingamba zizatuma u Rwanda rwubakira ku masomo rwakuye mu byerekezo byabanje mu ishyirwa mu bikorwa ry'ikerekezo 2020 ndetse na gahunda y'igihugu igamije kwihutisha iterambere.

Ibitekerezo byashingiweho mu gutegura icyerekezo 2020 bikomoka mu biganiro byahurije Abanyarwanda b'ingeri zinyuranye mu Ngoro y'Umukuru w' igihugu muri Village Urugwiro. 

Ni icyerekezo gifite ibipimo bihambaye, bishimangira kubaka igihugu gishoboye kdi cyubakira iterambere rirambye ku miyoborere itagira umunyarwanda isiga inyuma.



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi

Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshej

FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize

RHA yahumurije abubakishije amakaro yo mu bwogero ku nkuta z’inzu z’

Gakenke: Imirimo yo kubaka Umudugudu w’Icyitegererezo uzatuzwamo abahoze m

Karongi: Inzobere z’abaganga ba RDF zatangiye kuvura abaturage ku buntu

Abamotari batakambye ku biciro by’ubwishingizi birushaho gutumbagira

Rubavu: Abarokotse Jenoside baravuga ko ubuvuzi bahawe na Leta bwatumye bagarura