AGEZWEHO

  • Ingengo y’imari Leta ishyira mu kugaburira abana ku ishuri yikubye inshuro 15 – Soma inkuru...
  • Ambasaderi Rutabana yagaragaje uko u Rwanda rwaharaniye ubudaheranwa nyuma ya Jenoside – Soma inkuru...

Urwego rw'umuvunyi ruvuga ko hakiri amategeko akizitira ikurikiranwa rya ruswa

Yanditswe Oct, 16 2017 18:04 PM | 3,395 Views



Urwego rw'umuvunyi ruratangaza ko kuba hari amategeko ahana ruswa mu Rwanda adaha ububasha urwo rwego n'imiterere y'ububasha bw'inkiko ari zimwe mu nzitizi zituma abamunga umutungo w'igihugu n'abakekwaho icyaha cya ruswa badakurikiranwa uko bikwiye. Ibyo ni bimwe byagaragajwe n'umuvunyi mukuru ubwo yamurikiraga inteko ishinga amategeko imitwe yombi, raporo y'ibikorwa by'urwego rw'umuvunyi ya 2016-2017 n'ibikorwa biteganyijwe mu mwaka wa 2017-2018

Muri iyi raporo hagaragaramo ibikorwa urwego rw'umuvunyi rwibanzweho mu gukurikirana ruswa, ibifitanye isano nayo n'akarengane kagiye kagaragara haba mu nzego za Leta n'izabikorera. Ibibazo byakiriwe n'urwo rwego mu mwaka wa 2016-2017 byose hamwe bigera kuri 226, ibiza ku isonga akaba ari iby'ubutaka aho ibijyanye n'ubutegetsi n'umurimo, ibijyanye no kwiumura abantu mu nyungu rusange n'ibindi.

Umuvunyi mukuru w'u Rwanda Anastase Murekezi yagize ati, ''mu mategeko dufite mu Rwanda ntabwo birirmo, ku buryo iyo bitarimo ntabwo bishobora gukurikiranwa n'urwego rw'umuvunyi kandi ari naho dusanga ya mafi manini mu kunyereza imitungo ya Leta, ingengo y'imari ya Leta, ari naho harimo ibibazo.Kugira ngo duhuze icyerekezo mpuzamahanga n'amategeko y'u Rwanda, urwego rw'umuvunyi rwatanze inama y'uko mu kuvugurura itegeko rireba guhana ruswa mu Rwanda icyaha cya ruswa cyarushaho kuba kigari. Ubwo inama twatanze zirimo kwitabwaho mu kuvugurura umushinga w'itegeko ryo guhana ruswa.''

Ku bibazo bijyana n'imiterere y'ububasha bw'inkiko bituma bamwe bamunga umutungo w'igihugu badakurikiranwa n'inkiko uko bikwiye kandi ibimenyetso bigaragara, Umuvunyi mukuru Anastase Murekezi avuga ko n'ubwo inkiko zifite ubwisanzure mu kuburanisha imanza, ngo hari ibikwiye kuganirwaho kugira ngo bene izo manza zikurikiranwe.

Abagize inteko ishinga amategeko nabo batanze ibitekerezo bitandukanye kuri iyo raporo, aho bamwe baca umurongo ku bijyanye n'abarya ruswa n'uko bakurikiranwa, abandi bagaruka ku bibazo by'imanza zitarangizwa. Nikuze Nura, umwe mu badepite, yagize ati, ''Ku bantu barya ruswa mu mirimo ya Leta bajya mu nkiko bakagirwa abere ibi bikagaruka ku banyereza ubutungo wa Leta bakagirwa abere. Ngira ngo iki kibazo dukwiye kwicarana n'inzego zitandukanye tukareba icyo ari cyo, bitabate ye ibyo bazajya baduha raporo gusa, bibaye na ngombwa hazajyaho n'urukiko rwihariye ku banyereza umutungo wa Leta.''

Izindi nzitizi urwego rw'umuvunyi rutangaza ko rugihura nazo ni ibirarane by'imanza kubera abasaba kuzisubirishamo, abakozi badahagije cyane cyane abasesengura imanza zisabirwa gusubirwamo n'umuco w'abaturage badatanga amakuru kuri ruswa.

Ubukangurambaga, amahugurwa ku byiciro bitandukanye by'abantu n'icyumweru cyahariwe kurwanya ruswa ni bimwe mu bizibandwaho muri uyu mwaka wa 2017-2018. Hazanashyirwaho uburyo bw'ikoranabuhanga rifasha abaturage gutanga no gukurikirana ibibazo byabo(Good service delivery system).



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi

Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshej

FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize

RHA yahumurije abubakishije amakaro yo mu bwogero ku nkuta z’inzu z’

Gakenke: Imirimo yo kubaka Umudugudu w’Icyitegererezo uzatuzwamo abahoze m

Karongi: Inzobere z’abaganga ba RDF zatangiye kuvura abaturage ku buntu

Abamotari batakambye ku biciro by’ubwishingizi birushaho gutumbagira

Rubavu: Abarokotse Jenoside baravuga ko ubuvuzi bahawe na Leta bwatumye bagarura