AGEZWEHO

  • Tariki 19 Mata 1994: Imyaka 30 irashize Sindikubwabo atangije Jenoside mu cyahoze ari Butare – Soma inkuru...
  • U Bubiligi: Uwahamijwe ibyaha bya Jenoside yashinje Nkunduwimye kujya mu nama zayiteguraga – Soma inkuru...

Zigama CSS iteganya ko inyungu ku bwizigamire iziyongeraho 1% mu 2018

Yanditswe Nov, 24 2017 19:19 PM | 6,504 Views



Abanyamuryango ba koperative ZIGAMA CSS barakangurirwa kurushaho kwizigamira mu rwego rwo kuzamura imibereho yabo, kuko ngo inyungu ku wizigamiye ku bushake izazamuka ikagera kuri 7% mu mwaka utaha.

Imibare yagaragajwe yerekana ko koperative ZIGAMA CSS iteganya ko umwaka utaha wa 2018 inyungu ku munyamuryango wayo wizigamiye ku bushake 'voluntary savings' izava ku mafaranga 6% ikagera kuri 7% mu gihe inyungu ku bwizigamire shingiro 'compulsory savings' izava ku mafaranga 7% ikagera ku 8%.

Zigama CSS muri uyu mwaka irateganya kunguka agera kuri miliyari 8 mu mafaranga y'u Rwanda. Dr. James Ndahiro arasobanura aho bakura icyizere cy'iyi nyungu dore ko umwaka wose wa 2016 bari bungutse arenga miliyari 6 na miliyoni 800. Yagize ati, ''Mu kwezi kwa 9 k'uyu mwaka twari tugeze muri miliyari zirenga 7 kandi ufashe ukwezi kwa 9 k'umwaka ushize twari muri miliyari 6 zitageze neza umwaka uza gushira turengeje miliyari 6 niho duhera umwaka uzajya kurangira mu 12 tugeze muri miliyari 8.''

Zigama CSS kugeza mu mpera z'ukwa 9 uyu mwaka yari ibitse amafaranga y'abanyamuryango agera kuri miliyari 228 mu gihe umwaka ushize warangiye abanyamuryango bayifitemo amafaranga agera kuri miliyari 161.

Iyi koperative ihuriwemo n'ingabo, polisi n'abagize urwego rushinzwe imfungwa n'abagororwa, yanatanze inguzanyo zigera kuri miliyari 124 umwaka ushize mu gihe kugeza mu kwezi kwa 9 uyu mwaka yari imaze gutanga izirenga miliyari 140.



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera ama

U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi

Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshej

FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize

RHA yahumurije abubakishije amakaro yo mu bwogero ku nkuta z’inzu z’

Gakenke: Imirimo yo kubaka Umudugudu w’Icyitegererezo uzatuzwamo abahoze m

Karongi: Inzobere z’abaganga ba RDF zatangiye kuvura abaturage ku buntu

Abamotari batakambye ku biciro by’ubwishingizi birushaho gutumbagira