AGEZWEHO

  • Perezida Kagame yihanganishije Abanya-Kenya ku rupfu rw’Umugaba Mukuru w'Ingabo – Soma inkuru...
  • Ben Kayiranga na Mico The Best bateguje igitaramo gikomeye mu Bufaransa – Soma inkuru...

Abanyeshuri ba Stanford GSB bamazwe amatsiko na Perezida Kagame

Yanditswe Dec, 21 2015 11:59 AM | 3,078 Views



Perezida Kagame kuri iki cyumweru yagiranye ibiganiro muri Village Urugwiro n'abanyeshuri biga mu cyiciro cya 3 muri Kaminuza ya Stanford Graduate School of Business yo muri Leta zunze ubumwe za Amerika. Bakaba bamazwe amatsiko n'umukuru w'igihugu ku bibazo byinshi bibazaga ku iterambere ry'u Rwanda. Kaminuza ya Stanford Graduate School of Business ni imwe muri kaminuza zikomeye ku isi zigisha ibijyanye n'ubushabitsi cyangwa se Business. Abanyeshuri bo mu cyiciro cya gatatu muri iri shami barimo gusura umugabane wa Afurika aho bari mu Rwanda kuva tariki ya 17 kugeza ku ya 21 z'uku kwezi kwa 12. Perezida Kagame yasangije uru rubyiruko urugendo rw'iterambere ry'u Rwanda ariko nabo bamubaza ibibazo byinshi ku kwihangira imirimo mu rubyiruko, ibijyanye n'imiyoborere n'amatora ya Referandumu n'ibindi. Uwaje akuriye iri tsinda Chris Gomes avuga ko bari bafite amatsiko menshi ku Rwanda ariko Umukuru w'igihugu yayabamaze:{ “Turi hano mu Rwanda kugirango twige uburyo kwihangira imirimo byaba inkingi ku iterambere ry'igihugu ndetse n'uruhare rw'urubyiruko mu bukungu bw'igihugu kubw'ibyo nyakubahwa perezida yadufashije cyane mu gusubiza kuri izo ngingo nko ku byerekeye imiyoborere, referandumu ndetse n'ejo hazaza h'u Rwanda.”} Iri tsinda ry'abanyeshuri 25 ryaje muri village Urugwiro riherekejwe na Minisitiri w'uburezi Dr. Papias Musafiri wavuze ko banagarutse ku buryo Politiki yateza imbere imibereho myiza y'abaturage. Aba banyeshuri kuri uyu wa mbere nibwo bava mu Rwanda berekeza muri Uganda. Ibi akaba ari mu rwego rwo kubigisha politiki mpuzamahanga. Stanford Graduate School of Business ni rimwe mu mashuri arindwi agize Stanford University ryatangijwe mu mwaka w'1925.


Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera ama

U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi

Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshej

FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize

RHA yahumurije abubakishije amakaro yo mu bwogero ku nkuta z’inzu z’

Gakenke: Imirimo yo kubaka Umudugudu w’Icyitegererezo uzatuzwamo abahoze m

Karongi: Inzobere z’abaganga ba RDF zatangiye kuvura abaturage ku buntu

Abamotari batakambye ku biciro by’ubwishingizi birushaho gutumbagira