AGEZWEHO

  • NAEB yagaragaje ko ibyoherezwa hanze bituruka ku ndabo n'imbuto byageze kuri toni 1000 ku kwezi – Soma inkuru...
  • Amateka ya Mohamood Thabani warohoye imibiri y'Abatutsi mu Kiyaga cya Victoria – Soma inkuru...

Isi yose ikwiye guhagurukira ikibazo cy'imihindagurikire y'ikirere kuko kibangamiye iterambere

Yanditswe Jan, 26 2015 13:02 PM | 3,114 Views



Ikiganiro ku mihindagurikire y'ikirere ni kimwe mu byaranze ihuriro ry'ubukungu bw'isi ryasoje imirimo kuwa gatandatu. Perezida Kagame nawe yitabiriye iki kiganiro. umunyamabanga mukuru wa Loni Ban Ki-moon wagitangije yagaragaje ko uko iterambere ry'ubukungu ryiyongera bigira ingaruka ku bidukikije n'ikirere: {“Mu myaka 15 iri imbere kugera mu mpera za 2030, isi izashora imari mu buryo bwimbitse, mu bikorwa remezo bishya, mu mijyi, mu ngufu no mu buhinzi. Iyaba iyi mari yajyaga mu bikoresho bisohora umwuka muke wa carbon, mu ikoranabuhanga no muri services, twazaba turi mu nzira nyayo igana ku muryango w'abatuye isi urambye utagira uwo uheza.”} Izi ngaruka mu buryo bufatika, umushoramari w'umuholandi Paul Polman nawe wari muri iki kiganiro, asanga zibasira cyane abakene kandi ikiguzi cy'ibyangizwa na zo, kikaba kiri hejuru: {“Tugenda tubona ko ahari imihindagurikire y'ikirere, kandi biri henshi cyane mu isi, mu bijyanye n'ibiza bituruka ku miterere y'isi mu myaka 10 ishize, 2,700 by'ikiguzi cy'inyongera kandi ni abakene bahazaharira cyane. Mu bijyanye no gushakira abatuye isi ibibatunga, ibyo bakeneye biriyongera bikabije, uko n'ubukungu buzamuka. 50% by'amashyamba yangizwa ku isi, ni ukubera gukenera ibiribwa. Gutema amashyamba bizamura ubushyuhe kuri 15%. Na byo bikagira ingaruka ku baturage bakennye.”} Perezida w’u Rwanda Kagame akaba atangaza ko kugira ngo igihugu gihangane n'izi ngaruka cyashyizeho ikigega cyihariye: {“Twashyizeho ikigega ku mihindagurikire y'ikirere. Ubwo twagitangizaga umwaka ushize, twahise tubona miliyoni 75 z'amadolari yavuye mu ngengo y'imari ya Leta n'abafatanyabikorwa bashyizemo amafaranga. ibi bigaragaza uko twitaye kuri iki kibazo. Biratanga icyizere, kuko buri muntu avuga uburyo iki kibazo kihutirwa, iyi nayo ni intambwe ubwayo yatewe kuba biri ku mutima wa buri wese, agashaka no kugira icyo akora. Rero dukwiye guhuza izi mbaraga za buri gihugu n'izo ku rwego mpuzamahanga.”} Uretse iki kigega, u Rwanda kandi rwafashije abaturage kubungabunga ibidukikije habaho gukoresha neza ibikomoka ku mashyamba, kubungabunga ubutaka n'ibindi bisobanurwa na perezida Kagame. Naho perezida wa banki y'isi Jim Yong Kim yizeza ko bazakomeza gushyigikira iterambere bibanda ku ishoramari rigirira abaturage akamaro ribavana mu bukene bukabije kandi ritabangamira ibidukikije. Abandi bari muri iki kiganiro nka Michael Spence umwarimu mu ishuri rya Stern School of Business muri kaminuza ya New York ndetse na Christine Lagarde umuyobozi mukuru w'ikigega mpuzamahanga cy'imari FMI wakiyoboye bagarutse ku buryo imihindagurikire y'ikirere ibangamiye iterambere ry'ubukungu ku isi, bityo kikaba ikibazo gikwiye guhagurukirwa n'inzego zose zifatanyije, abikorera, societe civile na za guverinoma.


Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

U Rwanda rwongeye kugaragaza ko rwiteguye kwakira abimukira bazava mu Bwongereza

Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na mugenzi we w'u Bufaransa

Nkunduwimye yashinjwe gufatanya na Georges Rutaganda gutanga intwaro zakoreshejw

Abanyarwanda bategujwe imvura idasanzwe mu mpera za Mata

Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera ama

U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi

Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshej

FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize