AGEZWEHO

  • Tariki 19 Mata 1994: Imyaka 30 irashize Sindikubwabo atangije Jenoside mu cyahoze ari Butare – Soma inkuru...
  • U Bubiligi: Uwahamijwe ibyaha bya Jenoside yashinje Nkunduwimye kujya mu nama zayiteguraga – Soma inkuru...

Tatiana umugore ufite icyokezo cyigaruriye abakiriya benshi muri Nyamagabe

Yanditswe Jan, 20 2014 07:41 AM | 8,168 Views



Ubundi byari bimenyerewe ko abokora akazi ko kotsa inyama abo bita ba Mchomaji ari ab’igitsina gabo, ariko Mukeshimana Tatiana ukorera muri centre y’ubucuruzi ya Gasarenda mu murenge wa Tare mu karere ka Nyamagabe, yasanze nta murimo ugomba guharirwa abagabo gusa mu gihe n’abagore babishoboye, maze yegera icyokezo cye nyuma yo gushinga akabari. Nsanze Mukeshimana Tatiana mu cyokezo, yambaye itaburiya yera afite icyuma mu ntoki, agityaza ku kindi. Arakata inyama akazitunga ku mishito maze akazishyira ku mbabura y’amakara yamaze gufatwa Nk’uko Mukeshimana Tatiana abitangaza ngo akimara gusezera mu kazi ko kwigisha mu mwaka wa 2008, yihangiye umurimo w’akabari, abanza gukoresha abandi bakozi ariko aza gusanga bikwiye ko kugira ngo imirimo ye igende neza ari uko yajya ayikorera. Mukeshimana Tatiana bakunze kumwita Darfour akazina k’akabyiniriro, ngo kaba karakomotse ku basirikare bigeze kuhakorera ubusabane bakubutse mu butumwa bw’amahoro i Darfour, amaze kubakira no kubaha serivisi nziza bakajya babyibuka maze izina rimufata gutyo. Mukeshimana agitangira uwo mwuga wo kotsa ihene, ngo abandi bagore babanje kumubona ukundi, ariko we areba kure arenga iyo mitekerereze, arakomeza none ngo ubu ageze ahashimishije Abafatira amafunguro mu kabari ka Mukeshimana bavuga ko service ze ari nta makemwa Ubuyobozi bw’akarere ka Nyamagabe hamwe n’inama y’igihugu y’abagore ntibuhwema gushishikariza by’umwihariko abagore gutinyuka imirimo bakiteza imbere. Muri urwo rwego Mukeshimana Tatiana mu kwezi kwa Nzeri umwaka ushize, aherutse guhabwa igihembo nk’uwabashije kwiteza imbere.


Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera ama

U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi

Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshej

FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize

RHA yahumurije abubakishije amakaro yo mu bwogero ku nkuta z’inzu z’

Gakenke: Imirimo yo kubaka Umudugudu w’Icyitegererezo uzatuzwamo abahoze m

Karongi: Inzobere z’abaganga ba RDF zatangiye kuvura abaturage ku buntu

Abamotari batakambye ku biciro by’ubwishingizi birushaho gutumbagira