AGEZWEHO

  • Kwibuka ni inshingano, Jenoside si ikamba twirata- Madamu Jeannette Kagame – Soma inkuru...
  • Miliyari zirenga 2 Frw zishyuwe hadakurikije amategeko – Soma inkuru...

Ubukerarugendo n’ubutwererane ni inzira y’iterambere

Yanditswe Sep, 17 2014 16:09 PM | 1,380 Views



Abitabiriye inama ku iterambere ry’ubucuruzi mpuzamahanga, kuri uyu munsi wayo wa 2 bunguranye ibitekerezo ku butwererane hagati y’ibihugu bikiri mu nzira y’amajyambere, aho banenze bimwe muri ibyo bihugu byinjira mu bucuruzi bwakagombye gukorwa n’abenegihugu. Banifuje kandi ko ubu butwererane bwava ku rwego rwa za Leta bukagera ku rwego rw’ibigo by’ishoramari. Ibindi biganiro byagarutse ku buryo ubukerarugendo bwaba inzira y’iterambere ibigo by’ubucuruzi bito n’ibiciriritse byakwitabira, ariko hanengwa uburyo ibihugu bya Afurika usanga bitagendererana mu rwego rw’ubukerarugendo. Bimwe mu bigaragara nk’imbogamizi ku butwererane hagati y’ibihugu biri mu nzira y’amajyambere(cooperation sud-sud) harimo amategeko agenga imisoro n’amahoro, gusabwa guca mu biro byinshi (bureaucratie), ruswa, ikibazo cy’ibikorwaremezo, icy’ingufu n’ibindi. Ibi inararibonye zinyuranye zirimo n’abaminisitiri batanze ikiganiro kuri ubu buhahirane, basanga bituma Afurika ntacyo yohereza hanze, ahubwo igahora yakira. Mu byo yakira, harimo n’abashoramari bamwe bakaza gukora akazi nk’ak’abenegihugu, kandi ubu butwererane bwakagombye gushingira ku guhana ubumenyi n’ikoranabuhanga (transfert des connaissances et technologies). Minisitiri w’ubucuruzi no guteza imbere abikorera muri Niger, Alma Omarou, avuga ko ibi aho bikorwa bidakwiriye: {“Byari bikwiye ko bo cyane cyane abashinwa, bakorana n’abafatanyabikorwa babo b’Abanyafurika, bakirinda kubasimbura muri byose. Abashinwa benshi batangiye gukora ndetse n’ubucuruzi buto, ntabwo bakwiye kuva mu Bushinwa baje gusimbura wa mucuruzi wo hasi uri ku muhanda, ucuruza amandazi cyangwa ibitenge, kandi nibyo birimo kuba mu bihugu bimwe. Nibikomeza gutya ntabwo ibihugu byacu bizapfa bigize inganda.”} Naho ku buhahirane usanga bukorwa hagati ya za guverinoma gusa, ambasaderi Yu Jianhua uhagarariye Ubushinwa mu muryango mpuzamahanga w’ubucuruzi (WTO) asanga budahagije: {“Ubutwererane hagati ya za guverinoma si bwo kamara gusa. Ku rundi ruhande usanga hakwiye gukorana mu buryo buziguye hagati y’abakora ubucuruzi ubwabo.”} Mu kiganiro kirebana n’ubukerarugendo nk’amahirwe ku bigo bito n’ibiciriritse, minisitiri w’ubukerarugendo n’umuco muri Seychelles Alain St. Ange yavuze ko igihe cyose abatuye ibihugu bya Afurika batagendererana batazabasha gukundisha isi ibyiza Afurika ifite. Kuri iki cy’uko abanyafurika batitabira ubukerarugendo bw’iwabo, binemezwa na Davidson Mugisha umunyarwanda ukora muri uru rwego. N’ubwo bimeze gutya ariko, ngo ntibibuza ko ubukerarugendo ku isi bugize 5% mu bukungu nk’uko bitangazwa na Pascal Lamy wo mu ishami rya Loni rishinzwe ubukerarugendo(UNWTO) Mu gihe Afurika igenda ikurura ba mukerarugendo, abashoramari barahamagarirwa kwinjira muri uru rwego kuko ngo gutangiramo ubucuruzi bitagora.


Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Ubuhamya bw'abakinnyi barokowe na Siporo muri Jenoside yakorewe Abatutsi

REG BBC yisubije Thomas Cleveland Jr

Oscar Pistorius yafunguwe ku mbabazi nyuma y'imyaka 9 afunze kubwo kwica um

Jurrien Timber myugariro wa Arsenal ari mu Rwanda muri Gahunda ya Visit Rwanda

Twitege iki kuri Tour du Rwanda ya 2024?

Amagare: FERWACY yabonye abayobozi bashya

Perezida Kagame yakiriye abegukanye ibihembo bya Trace Awards 2023

Car Free Day: Umujyi wa Kigali washimiwe kugira ibikorwaremezo byorohereza abage