Yanditswe Apr, 09 2021 10:32 AM | 101,853 Views
Umuryango w’abanyeshuri barokotse Jenoside yakorewe abatutsi (AERG) barashimira perezida wa Repubulika Paul Kagame wabahaye ubutaka mu karere ka Nyagatare, kuri ubu bukaba bubinjiriza amafaranga y’u Rwanda agera kuri miliyoni 30 buri gihembwe.
Mu mwaka wa 2010 ni bwo abagize umuryango w'abanyeshuri barokotse jenoside yakorewe abatutsi AERG bahawe ubutaka buri kuri hegitari 130. Babukoreraho ubworozi ndetse n'ubuhinzi, bakaba bemeza ko byabagaruriye icyizere kuko imitungo bari basigiwe n’ababyeyi yagiye yangirika mu gihe cya jenoside yakorewe abatutsi 1994.
Ubu butaka buri kuri hegitari 130 buherereye mu karere ka Nyagatare, umurenge wa Karangazi.
Muri iki gihe babwororeraho inka, ihene ndetse bugakorerwaho ubuhinzi bw’imiteja, urutoki, ibishyimbo n’ibigori byose bigakorwa mu buryo bwa kijyambere.
Uru rubyiruko rwibumbiye mu muryango w’abanyeshuri barokotse Jenoside yakorewe abatutsi 1994 AERG bashima kuba barahawe ubu butaka babyaza umusaruro bigatuma ndetse barushaho kwiyubakamo icyizere cyo kubaho.
Bakina Ismael Umunyambanga Nshingwabikorwa wa AERG yagize ati '"Dufite urutoki rwa hegitari 4,5 dufite ikindi gice kingana na hegitari 25 duhingaho ibigori n'ibishyimbo, tunafite ikindi gice cya hegitari 30,twateguye ngo duhingeho ibijya ku isoko mpuzamahanga ku bufatanye na garden fresh hari guhingwaho imiteja urusenda n'imbuto zitandukanye n'ibigori nk'ubu mfatiye kuri ino saison ishize tumaze guhinga twejeje toni 80 hagendewe ku isoko dufite turi kubaramo miliyoni 17."
Na ho Uwiringiyimana Emmanuel ati ''Hari ikintu byatwongereye muri twe turashimira Leta ko yatwongereye icyizere cyo kubaho kandi natwe tukaba turi kubigeraho tukaba dufite abantu benshi barikurangiza amashuri ukabona y'uko tuzaba abagabo, abagore b’ejo hazaza.''
Mu minsi ishize abanyamuryango ba AERG batangiye guhindura ubwoko bw’amatungo borora kugira ngo bagire izibinjiriza amafranga.
Uzabakiriho Emmanuel ati "Mu minsi yashize hari inka 200 ariko ubu dusigaranye inka 56 zagabanutse kugira ngo duhindure tuve ku nka zidafite umukamo mwinshi tujye kuzifite umukamo, twakoreshaga amapfizi, ubu turimo turatera intanga za jersy na frizone,izo twari dufite zakamwaga hagati ya litiro 5 na 7 ariko ubu turigukama hagati ya litiro 10 na 15 ku munsi intego ni ukugira inka ikamwa litiro 20 kugera kuri 30."
Ubuyobozi bw’uyu muryango wa AERG buvuga ko inyungu bakuramo zigirira akamaro abanyamuryango n’urubyiruko muri rusange. Kuri ubu barimo kuhubaka ikigo cy’amahugurwa mu bijyanye n’ubuhinzi n’ubworozi, bateganya no kuhubaka hoteri.
Bakina Ismael ati ''Niba twaramaze kumenya inyungu iva mu bigori, iva mu bishyimbo, iva mu buhinzi n'ubworozi, ni iki twafasha ba bantu bashaka gukora bene iyo mishinga ariko bakaba bagifite ubwoba hari ibiraro turikubaka, hari inzu turi mu rugendo rwo kubaka, iriya nzu igiye kudufasha guhugura abantu bakeya, ubu hari gukoreshwa miliyoni 200 kuri biriya bikorwa mwabonye ariko umushinga nyirizina uzahagarara muri miliyari 3."
Muneza Emmanuel Umuhuzabikorwa y'uyu muryango avuga ko iryo terambere barikesha imiyoborere myiza.
Ati ''Buriya butaka busobanuye byinshi kuri twe hari abantu babuze ibyabo mu gihe cya jenoside, abana bato babura amasambu babura byose ariko bisobanuye ko nibura muri iki gihugu dufite ubutaka kuko n'uburyo dushaka kuhubaka ni uko n'uwashaka kugira icyo yigirayo yabona aho aruhukira ku buryo n'ubwo yatekereza ko yahuye n'ibibazo ariko dufite ahantu heza twahawe n'umuyobozi Perezida wa Repubulika hamfasha gutekereza neza uko nakiteza imbere n'urubyiruko."
Uretse amafranga babika ngo bazayashore mu yindi mishinga ibyara inyungu, andi ava muri ubu butaka abunganira mu mibereho ya buri munsi, bikabafasha kwikemurira ibibazo nk’abanyeshuri.
Amakuru arambuye
Abasaga 200 bategerejwe i Kigali mu Iserukiramuco ‘Kigali Triennial’
Feb 12, 2024
Soma inkuru
Art Rwanda yatumye hahangwa imirimo 400 mu myaka 2
May 15, 2023
Soma inkuru