AGEZWEHO

  • Abarokokeye Jenoside muri Ste Famille bavuze inzira y’umusaraba banyuzemo – Soma inkuru...
  • Uganda yiyemeje guhashya icyasubiza Akarere mu icuraburindi nk’irya Jenoside yakorewe Abatutsi – Soma inkuru...

EMIR WA QATAR YASHOJE URUZINDUKO YAGIRIRAGA MU RWANDA

Yanditswe Apr, 23 2019 09:45 AM | 3,626 Views



Umukuru w’igihugu cya Qatar Sheikh Tamim Bin Hamad Al Thani yashoje uruzinduko yagiriraga mu Rwanda, kuri uyu wa Kabiri tariki 23 Mata 2019, aho aho yaherekejwe ku kibuga cy’indege mpuza mahanga cya Kigali na Minisitiri w’intebe w’u Rwanda Edouard Ngirente.

Emir wa Qatar ari kumwe na Perezida wa Repubulika Paul Kagame, kuri uyu wa Mbere tariki 22 Mata 2019, basuye Parike y’igihugu y’Akagera iri mu burasirazuba bw’u Rwanda.


Muri uru ruzinduko rwe mu Rwanda, uyu muyobozi mukuru wa Qatar yashimiye Perezida wa Republika Paul Kagame uburyo yamwakiriye mu Rwanda kandi yizeza ko uruzinduko rwe mu Rwanda ruzagira inyungu ku mpande zombi.

Ni uruzinduko rusize impande zombi zashyize umukono ku masezerano y’imikoranire mu bijyanye n’ubwikorezi bwo mu kirere, guteza imbere ishoramari no kurirengera, ubufatanye mu bya tekiniki mu rwego rw’ubukungu n’ubucuruzi, ndetse n’ubufatanye mu mushinga wa Gabiro Agro-processing hub.

Ubusanzwe ibihugu byombi bisanganywe ubufatanye mu nzego z’ubucuruzi, ishoramari, ikoranabuhanga n’itumanaho, ibikorwa remezo, ubukerarugendo n’izindi.




Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Abanyarwanda bategujwe imvura idasanzwe mu mpera za Mata

Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera ama

U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi

Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshej

FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize

RHA yahumurije abubakishije amakaro yo mu bwogero ku nkuta z’inzu z’

Gakenke: Imirimo yo kubaka Umudugudu w’Icyitegererezo uzatuzwamo abahoze m

Karongi: Inzobere z’abaganga ba RDF zatangiye kuvura abaturage ku buntu