Yanditswe Jul, 06 2022 16:42 PM | 56,146 Views
Ababyeyi bagana ibitaro bya Gakoma biherereye mu Murenge wa Mamba mu karere ka Gisagara, baravuga ko kuba birimo kuvugururwa ndetse hanazamurwa inyubako nshya ya serivisi yaho ababyeyi babyarira, serivisi bahabwa zizarushaho kunoga.
Ibi bitaro bya Gakoma byubatswe mu mwaka wa 1981 ariko inyubako zisanzwe z’ibi bitaro zimaze iminsi zivuguruwe, ndetse harimo no kubakwa uruzitiro rwabyo hamwe n’inyubako nshya y’ababyeyi (maternity) nabyo biri hafi kuzura.
Ababyeyi bagana ibi bitaro baravuga ko bigiye guca ubucucike bw’ababyeyi bwarangwaga kuri ibi bitaro.
Umuyobozi mukuru w’ibitaro bya Gakoma, Dr.Pascal Ngiruwonsanga avuga ko uretse inyubako zirimo kuvugururwa ndetse n’izirimo kubakwa, hari na gahunda yo kongera ibikoresho by’ubuvuzi byifashishwa n’ibitaro ndetse no kongera abaganga n’abaforomo mu rwego rwo kurushaho gutanga serivisi inoze kubagana ibi bitaro.
Ibi bitaro bya Gakoma bitanga serivisi ku baturage ibihumbi 163 baturuka mu Mirenge 5 yo mu karere ka Gisagara ndetse n’Umurenge wa Ntyazo wo mu karere ka Nyanza.
Byavuguruwe mu ngengo y’imari irangiye kuri miliyoni 42 Frw bikozwe n'ibitaro, naho kubaka inyubako y’ababyeyi, Maternity no ku bizitira, birimo gukorwa n’Akarere ka Gisagara ku bufatanye na ENABEl.
Ni umushinga uzatwara miliyoni hafi 450 Frw, kugeza ubu imirimo yo kubaka uruzitiro igeze kuri 90%, naho kubaka Maternity bigeze kuri 60%. Biteganyijwe ko izuzura muri Nzeli uyu mwaka.
Jean Marie Vianney Nshimiyimana
BNR yazamuye igipimo cy’inyungu iheraho inguzanyo banki z’ubucuruzi
Aug 11, 2022
Soma inkuru
Abatega bava cyangwa bajya mu Mujyi wa Kigali barataka kubura imodoka
Aug 11, 2022
Soma inkuru
Hamuritswe igitabo cy'irangamimerere cyandikwamo umwana wavutse ku babyeyi batasezaranye mu mat ...
Aug 10, 2022
Soma inkuru
SENA yabajije impamvu abakandida bigenda batemerewe kwiyamamaza mu matora ya EALA
Aug 10, 2022
Soma inkuru
RURA yatangaje ko hagiye kongerwa imodoka zitwara abagenzi muri Kigali
Aug 09, 2022
Soma inkuru
Abanya-Kenya baba mu Rwanda basabye ko uzatorwa yazahanira iterambere ry’umuryango wa EAC
Aug 09, 2022
Soma inkuru