Yanditswe Jan, 25 2021 08:59 AM | 5,430 Views
Mu gihe umujyi wa Kigali uri muri Guma mu rugo
abatanga umusoro ku bukode bw’inzu
ndetse n’ipatanti barasaba ko ikigo cy’imisoro n’amahoro cyabongereza igihe cyo
gusora nkuko byagenze ku mitungo itimukanwa.
Tariki 31 Mutarama 2021 ni cyo gihe ntarengwa cyo gutanga imisoro ku bukode bw’iinzu ndetse no kwishyura ipatante. Ku batuye Umujyi wa Kigali,ngo iri ni ihurizo ku mpamvu zitandukanye ahanini zishingiye ku kuba iyi tariki isanze hariho gahunda ya Guma mu rugo.
Ku ruhande rumwe ngo abakodesha inzu z’ubucuruzi n’izo gukoreramo bagaragaza ko nta bushobozi bafite bwo kwishyura ubukode bitewe n’ingaruka za Covid-19 muri rusange na Guma mu rugo by’umwihariko.
Ku rundi ruhande ngo amabwiriza ya Guma mu rugo ntiyorohereza abashaka gutanga umusoro kujya ku biro by’ikigo cy’imisoro n’amahoro ndetse ngo ku batari bake gukoresha ikoranabuhanga ryashyizweho ni ingorabahizi.
Komiseri ushinzwe imisoro y'inzego zegereye abaturage mu kigo cy'igihugu cy'imisoro n'amahoro, Karasira Erneste Karasira avuga ko abaturage batanga ipatante ku bikorwa by'ubucuruzi n'abatanga umusoro ku nyungu z'ubukode bw'inzu bahuye n'ikibazo cyo kumenyekanisha no kwishyura kubera kubura na ho babikorera bakifashisha abakozi b'iki kigo babahamagara kuri telefone.
Na ho ku kibazo cy'ababuze amafaranga yo kwishyura kubera ikibazo cya gahunda ya Guma mu rugo mu Mujyi wa Kigali cyakomye mu nkokora ibikorwa by'ubucuruzi n'ubukode bw'inzu ngo ntiyakemeza ko bazongererwa igihe. Cyakora ngo inzego zibifitiye ububasha nizibona ari ikibazo gikomeye zagifataira umwanzuro.
Ikigo cy'imisoro n'amahoro kigaragaza ko mu cyumweru cyashize mu bacuruzi basaga ibihumbi 300,000 batanga ipatante ku bikorwa by'ubucuruzi n'abaturage ibihumbi 30,000 batanga umusoro ku nyungu z'ubukode bw'inzu abari bamaze kumenyekanisha no kwishyura ni 10% gusa bya bose.
Jean Paul TURATSINZE
U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi
Apr 17, 2024
Soma inkuru
Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshejwe ikoranabuhanga
Apr 17, 2024
Soma inkuru
FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize
Apr 17, 2024
Soma inkuru
RHA yahumurije abubakishije amakaro yo mu bwogero ku nkuta z’inzu z’ubucuruzi
Apr 17, 2024
Soma inkuru
Gakenke: Imirimo yo kubaka Umudugudu w’Icyitegererezo uzatuzwamo abahoze mu manegeka irarimban ...
Apr 17, 2024
Soma inkuru
Karongi: Inzobere z’abaganga ba RDF zatangiye kuvura abaturage ku buntu
Apr 16, 2024
Soma inkuru
Abamotari batakambye ku biciro by’ubwishingizi birushaho gutumbagira
Apr 16, 2024
Soma inkuru
Rubavu: Abarokotse Jenoside baravuga ko ubuvuzi bahawe na Leta bwatumye bagarura icyizere
Apr 16, 2024
Soma inkuru