AGEZWEHO

  • Bagiye kubona ibintu byiza- Danny Nanone yijeje indirimbo nshya – Soma inkuru...
  • Ingengo y’imari Leta ishyira mu kugaburira abana ku ishuri yikubye inshuro 15 – Soma inkuru...

Abacuruzi barasabwa koroherezwa kwishyura ipatanti n’umusoro ku bukode bw’inzu

Yanditswe Jan, 25 2021 08:59 AM | 5,430 Views



Mu gihe umujyi wa Kigali uri muri Guma mu rugo abatanga umusoro ku  bukode bw’inzu ndetse n’ipatanti barasaba ko ikigo cy’imisoro n’amahoro cyabongereza igihe cyo gusora nkuko byagenze ku mitungo itimukanwa.

Tariki 31 Mutarama 2021 ni cyo gihe ntarengwa cyo gutanga imisoro ku bukode bw’iinzu ndetse no kwishyura ipatante. Ku batuye Umujyi wa Kigali,ngo iri ni ihurizo ku mpamvu zitandukanye ahanini zishingiye ku kuba iyi tariki isanze hariho gahunda ya Guma mu rugo.

Ku ruhande rumwe ngo abakodesha inzu z’ubucuruzi n’izo gukoreramo bagaragaza ko nta bushobozi bafite bwo kwishyura ubukode bitewe n’ingaruka za Covid-19 muri rusange na Guma mu rugo by’umwihariko.

Ku rundi ruhande ngo amabwiriza ya Guma mu rugo ntiyorohereza abashaka gutanga umusoro kujya ku biro by’ikigo cy’imisoro n’amahoro ndetse ngo ku batari bake gukoresha ikoranabuhanga ryashyizweho ni ingorabahizi.

Komiseri ushinzwe imisoro y'inzego zegereye abaturage mu kigo cy'igihugu cy'imisoro n'amahoro, Karasira Erneste Karasira avuga ko abaturage batanga ipatante ku bikorwa by'ubucuruzi n'abatanga umusoro ku nyungu z'ubukode bw'inzu bahuye n'ikibazo cyo kumenyekanisha no kwishyura kubera kubura na ho babikorera bakifashisha abakozi b'iki kigo babahamagara kuri telefone.

Na ho ku kibazo cy'ababuze amafaranga yo kwishyura kubera ikibazo cya gahunda ya Guma mu rugo mu Mujyi wa Kigali cyakomye mu nkokora ibikorwa by'ubucuruzi n'ubukode bw'inzu ngo ntiyakemeza ko bazongererwa igihe. Cyakora ngo inzego zibifitiye ububasha nizibona ari ikibazo gikomeye zagifataira umwanzuro.

Ikigo cy'imisoro n'amahoro kigaragaza ko mu cyumweru cyashize mu bacuruzi basaga ibihumbi 300,000 batanga ipatante ku bikorwa by'ubucuruzi n'abaturage ibihumbi 30,000 batanga umusoro ku nyungu z'ubukode bw'inzu abari bamaze kumenyekanisha no kwishyura ni 10% gusa bya bose.

Jean Paul TURATSINZE



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi

Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshej

FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize

RHA yahumurije abubakishije amakaro yo mu bwogero ku nkuta z’inzu z’

Gakenke: Imirimo yo kubaka Umudugudu w’Icyitegererezo uzatuzwamo abahoze m

Karongi: Inzobere z’abaganga ba RDF zatangiye kuvura abaturage ku buntu

Abamotari batakambye ku biciro by’ubwishingizi birushaho gutumbagira

Rubavu: Abarokotse Jenoside baravuga ko ubuvuzi bahawe na Leta bwatumye bagarura