AGEZWEHO

  • Tariki 20 Mata 1994 ni bwo Umwamikazi Gicanda yishwe – Soma inkuru...
  • Tariki 19 Mata 1994: Imyaka 30 irashize Sindikubwabo atangije Jenoside mu cyahoze ari Butare – Soma inkuru...

Abadepite barifuza ko hongerwa imbaraga mu kurwanya ingengabitekerezo ya Jenoside mu rubyiruko

Yanditswe Mar, 30 2021 17:51 PM | 4,077 Views



Kuri uyu wa Gatatu, abadepite basabye Komisiyo y'Igihugu yo Kurwanya Jenoside n'izindi nzego bireba kongera imbaraga muri gahunda zigamije kurandura ingengabitekerezo ya Jenoside mu Rubyiruko.

Zimwe mu  nkomoko z' ibitekerezo biganisha ku ngengabitekerezo ya Jenoside mu rubyiruko cyane cyane ururi hanze y'Igihugu zirasobanurwa na Muhire Louis Antoine wakuriye muri Canada ubu akaba aba mu Rwanda.

Ati "Ngendeye kuri experiance yanjye icya mbere ni abagendera ku makuru atariyo ku Rwanda kuko hariya havugwa byinshi, icya kabiri hari abafashwe bugwate n'ababyeyi babo basize bakoze amarorerwa muri iki gihugu, ikindi hari abashaka amaramuko bava hano bakajya kubeshya kugira ngo babone ibyangombwa byo kuba hanze ibyo rero usanga bisangiye impamvu ituma hari abatavuga ukuri ku Rwanda,  rero urubyiruko rumwe ruri hanze iyo, iyo babonye amakuru nk'ayo haba abo bagerayo babeshya cyangwa abo babyeyi bavuga ibitari byo kubera ibyo bakoze bituma na rwo ruyoba maze bakajya ku mbuga nkoranyambaga bakavuga ibitari byo ku Rwanda."

Inzego zifite mu nshingano kwimakaza ubumwe n'ubwiyunge zimaze imyaka zishyizeho uburyo bwo kwigisha urubyiruko ububi bwa Jenoside n'ingengabitekerezo yayo.

Ibi kandi ni urugamba rukomeje, n'ubwo bimeze gutyo ku ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Gatatu nibwo ubwo Komisiyo y'Ubumwe bw'Abanyarwanda,  uburenganzira bwa Muntu no kurwanya Jenoside yagezaga ku Nteko Rusange Umutwe bw'Abadepite raporo ku isesengura yakoze ku bikorwa bya Komisiyo yo kurwanya Jenoside (CNLG)  yagaragaje ko hakwiye gushyirwa imbaraga mu kwigisha no kwimakaza ubumwe n' ubwiyunge mu rubyiruko hagamijwe kurwanga ingengabitekerezo ya Jenoside murir wo kandi mu nzego zose kuko basanze yariyongereye mu myaka 3 ishize.

Depite Mukamana Elisabeth Perezida w'iyi komisiyo yabwiye yavuze  icyo we na bagenzi we babonye cyakorwa mu guhangana niki kibazo.

Ati "Icya mbere ni ukwigisha, babagaragariza indangagaciro z'umuco nyarwanda birimo gukunda igihugu, gukunda umurimo, nibindi rero na gahunda ya Ndi Umunyarwanda igomba gushyirwamo imbaraga mu rubyiruko haba mu bize cyane cyane no mu rwego rw'abikorera bikagera no ku mudugudu rero aba nibigishwa neza bakerekwa ko gukora bakiteza imbere ari ingenzi cyane, amakuru bakura ku mbuga nkoranyambaga ntazabahungabanya, ntacyo ashobora kubahinduraho."

Muri rusange abadepite bavuze ko mu isesengura ryabo basanze ibyaha by'ingengabitekerezo ya Jenoside bikomeje kwiyongera, bityo ko inzego zose zigomba gufatanya muri uru rugamba kandi hakibandwa ku rubyiruko.

Mu bindi abadepite basabye CNLG na Minisiteri y'Ibikorwa remezo kugaragaza ingengabihe yo kubaka ibikorwaremezo bya ngombwa ku nzibutso  za Jenoside yakorewe abatutsi 1994 ziri ku rwego rw' igihugu zatoranyijwe gushyirwa  ku rutonde rw'umurage w'Isi rwa UNESCO.

Fiston Felix HABINEZA



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera ama

U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi

Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshej

FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize

RHA yahumurije abubakishije amakaro yo mu bwogero ku nkuta z’inzu z’

Gakenke: Imirimo yo kubaka Umudugudu w’Icyitegererezo uzatuzwamo abahoze m

Karongi: Inzobere z’abaganga ba RDF zatangiye kuvura abaturage ku buntu

Abamotari batakambye ku biciro by’ubwishingizi birushaho gutumbagira